AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Aborozi muri Nyagatare basabye ko hakemurwa ikibazo cy’igabanuka ry’umukamo w'amata

Yanditswe Jul, 18 2021 07:40 AM | 31,507 Views



Aborozi b’Inka mu karere ka Nyagatare, baravuga ikibazo cy’igabanuka ry’umukamo w’amata bahura nacyo mu gihe cy’izuba, cyakemuka ari uko inzego bireba zabafasha  kubona imbuto y’ubwatsi buhunikwa buhabwa amatungo mu gihe cy’izuba ndetse hakwigwa n’uburyo haboneka amazi ahagije yo kuhira inka zabo.

Umushinga RDDP ugamije guteza imbere ubworozi bw'inka z'umukamo, uvuga ko witeguye gutanga ubufasha muri iki kibazo.

Iyo havuzwe akarere ka Nyagatare abantu benshi bahita bumva ko ari  ak’ubworozi kandi ni nako bimeze kuko kuri ubu imibare ya vuba aha igaragaza ko gafite inzuri 7520 zororererwaho inka za gakondo  39,904, amakorosi 69,656 ndetse n’izungu zitavangiye 23,492.

Gusa ikibazo gihari ni uko  mu gihe cy’izuba gitangira mu mpera z’ukwezi kwa Gatanu kugeza mu mpera z’ukwa Munani, aborozi akenshi umukamo wabo ukunda kugabanuka hagereranijwe n’igihe cy’imvura.

Iri gabanuka ry’umukamo mu gihe cy’izuba rihita rigaragarira k’umubare wa litiro z’amata uruganda Inyange rushinzwe kwakira no gutunganya amata aho  mu gihe cy’imvura uru ruganda rwakira litiro ziri hagati  90.000 n’ibihumbi ijana(100,000), naho mu gihe cy’izuba amata akagabanuka akagera kuri litiro 37,000.

Ibi kandi ngo byabaye mu myaka itatu yikurikiranye kuva muri 2018.

Aborozi bavuga ko impamvu zibitera zirimo kutagira ubwatsi buhunikwa ngo bugaburirwe amatungo ndetse n’amazi akiri make.

umushinga RDDP ugamije guteza imbere ubworozi bw'inka z'umukamo ukaba ukorera muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, uvuga ko igisubizo cy’igabanuka ry’uyu mukamo  mu gihe cy’izuba, ari ugutera ubwatsi buhunikwa bukazagoboka amatungo.

Rugamba Maurice uhagarariye uyu mushinga mu karere ka Nyagatare, avuga ko hamaze guterwa hegitari igihumbi z’ubu bwatsi ariko akanavuga ko hari  ingamba zindi zihari z’uburyo ubu bwatsi buzongerwa ndetse n’amazi yo kuhira inka akaba nayo yakwiyongera.  

Tuyishimire Olivier




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage