AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Abinjira mu mashuri y’ubuvuzi bagiye kwikuba kabiri

Yanditswe Dec, 16 2021 17:06 PM | 25,189 Views



Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko umwaka utaha izakuba 2 abinjira mu mashuri ajyanye n'ubuvuzi nk’imwe mu ntwaro ikomeye yo kongera abakozi muri uru rwego.

Ni mu gihe iyi minisiteri ivuga ko ifite icyuho cya 75% mu kwihaza mu bakozi binzobere hagendewe ku bipimo mpuzamahanga.

Kuri Kuri kimwe mu bigo nderabuzima, ku masaha yumugoroba  abaturage baracyaza gushaka serivisi z' ubuvuzi kandi bashima ko bazihabwa neza. Gusa  bakabona hari ahakongerwa imbaraga cyane cyane ku mubare w'abaganga cyane cyane inzobere.

Abagenzuzi baturutse mu Ishami ry'Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima bagenzuye uko igenamigambi ry' imyaka 7 ry'urwego rw'ubuzima mu Rwanda rishyirwa mu bikorwa. 

Aba bagenzuzi berekanye ko mu mwaka wa 2016/2017 umuganga yagombaga kwita ku bantu 10.054, mu gihe muri uyu mwaka ubu bageze ku bantu 8.247, intego ikaba ari uko bazaba bageze ku  7000 mu mwaka wa 2024.

Ni mu gihe umuforomo umwe yagombaga kwita ku baturage 1.094 muri uwo mwaka, ubu akaba agomba kwita ku 1.198, intego ikaba ari uko yazaba yita ku baturage 800 mu mwaka wa 2024.

Pierre Dongier  ni umwe mu bakoze ubu bugenzuzi, dore uko agaragaza iki cyuho.

Ati « Abakozi muri uru rwego rw'ubuzima ni ikibazo gikomereye  cyane system yacu y'ubuvuzi kuko nubwo leta hari ubyo yakoze yakoze mu kongera abaganga, abaforomo, n'ababyaza turacyari kure ugereranyije n'ibipimo  bikwiye byashyizweho ku rwego mpuzamahanga. » 

MINISANTE yemera ko nubwo hari ibyakozwe kuri iki kibazo, kugira ngo hagerwe ku ntego yifuzwa, nibura abakora muri uru rwego bagomba  kwikuba ishuro enye.

Minisitiri w'Ubuzima Dr Daniel Ngamije avuga ko Leta yafashe ingamba zigamije kongera abakora mu rwego rw'ubuzima bahereye ku kongera umubare wabinjira mu mashuri yigisha ubuvuzi.

Yagize ati «Turabikora, duhugura abaganga b’inzobere ariko tunafata ingamba yuko umwaka utaha hatangira kongerwa umubare w'abanyeshuri binjira mu ishuri ry'ubuganga maze bikube kabiri. Ubu twinjizaga hafi 100 kandi dukeneye kwinjiza nibura 200 ku mwaka kugira ngo hagire abarangiza icyiciro rusange cy'ubuganga hagire abakomeza kugira ngo bazavemo abaganga b’inzobere. » 

Iyi minisiteri kandi ivuga ko hongerewe ubushobozi mu bitaro by’icyitegererezo kugira ngo abiga ubuganga bagamije kuba inzobere babone aho bimenyerereza umwuga.

Ivuga ko kongera umubare no kugira abahanga mu buvuzi muri uru rwego bizafasha U Rwanda kugera ku ntego yarwo yo kuba igicumbi mu rwego rw' ubuzima mu karere no muri Afurika muri rusange.

Fiston Felix Habineza



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage