AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Abayobozi b’Imidugudu muri Gatsibo basinye imihigo yiswe “Umudugudu uzira icyaha”

Yanditswe May, 05 2021 13:41 PM | 85,871 Views



Abayobozi b’Imidugudu yose n’abayobozi b’Amasibo bo mu karere ka Gatsibo, baremeza ko bagiye kurushaho kwegera abaturage bagafatanya mu kurwanya ibyaha by’aho bayobora.

Ibi babitangaje nyuma yaho basinyanye imihigo n’ubuyobozi bw’akarere, muri gahunda yiswe “umudugudu uzira icyaha”, intego ariko uko barwanya ahakigaragara ibyaha.

Muri rusange ibyaha biza ku isonga mu karere ka Gatsibo birimo gukubita no gukomeretsa, gusambanya abana, ibiyobyabwenge, ubujura buciye icyuho n'ibindi.

Iyo ibi byaha bikorewe mu Midugudu ngo bibangamira iterambere ry'abaturage  n'akarere muri rusange, akaba  ariyo mpamvu aka karere kashyizeho gahunda yo gusinya imihingo 27 yo gukumira ibi byaha.

Umuyobozi w’akarere ka Gatsibo, Gasana Richard avuga ko iyi mihigo izakurikiranwa uburyo ishyirwa mu bikorwa, guhera  muri Kamena uyu mwaka, kandi bikaba byitezwe ko izatanga umusaruro.

Yagize ati “Ibi byaha bigomba kugabanuka cyangwa kurandurwa burundu, twashyizeho amatsinda azakurikirana uko iyi mihigo izakorwa guhera ku rwego rw’Akarere.”

Yavuze ko guhera tariki 30 Kamena uyu mwaka, bazikorera isuzuma z’ibyo iyi gahunda imaze kugeraho.

Abayobozi b’Imidugudu yose uko ari 602  bafatanyije n’abayobora amasibo, basinye iyi mihigo nabo bahamya ko bazayesa ariko bafatanije n’abaturage.


Munyaneza Geofrey




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage