AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Abatuye muri Rusizi biyemeje kutemerera abajyaga gusengera ahazwi nko mu Butayu

Yanditswe Jul, 18 2021 11:08 AM | 33,175 Views



Abaturage baturiye hamwe mu ho abantu basengeraga hazwi nko mu Butayu mu bice binyuranye by’akarere ka Rusizi, bavuze ko bafashe ingamba zikomeye zo gukumira umuntu wese waza kuhasengera muri ibi bihe bya Covid19, bibuza abantu guteranira ahatemewe.

Ihuriro ry’amadini n’amatorero muri aka karere, ryo riravuga ko kujya gusengera mu Butayu muri ibi bihe ari icyaha nk’ikindi, rikaba ryitandukanije n’uwo ari we wese bizagiraho ingaruka yabirenzeho.

Mu ishyamba riri ku  musozi wa Murya mu Murenge wa Nzahaha, mbere ya Covid 19 buri munsi hateraniraga abantu babarirwa mu magana harimo n’abaturutse hanze y’u Rwanda, gusa ubu byarahagaze.

Ahitwa mu Nyagatare mu Murenge wa Gihundwe, abatari bake babaga bicaye mu mazi yaho amanuka ku rutare bambaza Imana amasaha hafi ya yose, gusa ubwo umunyamakuru wa RBA yahageraga yasanze  nta muntu uhari mu  masaha ya kumanywa.

Ahitwa mu Bujurire na ho habaga hateraniye imbaga y’abajyanyeyo ibyifuzo byananiranye ahandi hantu, aha na ho urahumva umuyaga gusa mu bibabyi by’ibiti.

Mu busanzwe aha hantu hose abantu bagirwaga inama yo kutajya gusengerayo, kuko byashoboraga gushyira ubuzima bwabo mu kaga dore ko nta n’ibikorwaremezo bihari umuntu ashobora kwifashisha mu gihe bibaye ngombwa.

Muri ibi bihe bya Covid19 ho abahaturiye ubu bihaye inshingano yo gukumira uwo ari we wese babona ushaka kuhajya

Kuri Murya, mu Bujurire, mu Nyagatare n’ahandi nk’aha, abahasengera bahita mu butayu, ahantu bemeza ko kuhasengera ari ukwibabaza kugira ngo Imana irebe umuhate wagize maze biyitere kukugirira impuhwe isubize ukwifuza kwawe.

Gusa umuyobozi w’ihuriro ry’amadini n’amatorerero mu karere ka Rusizi, Pasiteri  Byamungu Lazaro we  ntabyumva kimwe na bo.

Yavuze ko abantu bose bakwiye gusengera ahemewe.

N’ubwo mu butayu bwo mu karere ka Rusizi hatari kugaragaramo abantu, mu minsi yashize abarenga 70 bafatiwe mu rugo rw’umuturage mu Murenge wa Giheke.

Abantu 239nabo  bafatiwe ku musozi wa Kanyarira mu karere ka Ruhango mu Majyepfo bagiye gusengerayo, ndetse muri aba RBC yatangaje ko yasanzemo 10 bafite Covid 19.

Abandi 38 na bo bafatiwe ahitwa kuri Mbyo muri Bugesera mu Burasirazuba, aba bose barigishwa ariko bakanacibwa amande ku bwo kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid 19.

Theogene Twibanire




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage