AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Abatuye mu Majyepfo bavuze ko bahangayikishijwe n’imbuto bahabwa ntizitange umusaruro

Yanditswe Jul, 12 2021 14:48 PM | 29,367 Views



Hari abaturage bo mu Ntara y’Amajyepfo, bakomeje gutaka igihombo baterwa ahanini n’imbuto bahabwa ntizere n’imiti bagura yica udukoko batera ntibigire icyo bitanga.

Aba baturage barasaba inzego za leta zifite mu nshingano ubuhinzi n’ubworozi, gukurikirana ibi bibazo mu maguru mashya kuko bikomeje kubateza igihombo bigatuma iterambere ifuza batarigeraho.

Charles Ndamage umuhinzi mu gishanga cya Duane giherereye mu Murenge wa Kibilizi mu karere ka Gisagara.

Aba bahinzi berekanye ko urusenda bahawe rwabateye igihombo kidasanzwe, nyuma yo kuruhinda ariko ntirurenge inonko aho ubona ko nta musaruro abaturage biteze.

Ikindi kibazo gihangayikishije abaturage biganjemo ahanini abahinga imbuto n’imboga mu turere tw’Intara y’Amajyepfo bavuga, ni imiti yica udukoko twibasira imboga n’imbuto bagura hirya no hino mu bayigurisha bazwi nk’abagrodealers mu ndimi z’amahanga ariko ntitange umusaruro

Aba tubasanze basarura intoryi ku buso bwa hegitari 22 mu gishanga cya Rugondo giherereye mu Murenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, barakemanga ndetse bakanagaruka ku gihombo bakomeje guterwa n’iyi miti.

Aba baturage barasaba inzego za leta zifite mu nshingano ubuhinzi n’ubworozi, gukurikirana ibi bibazo mu maguru mashya kuko bikomeje kubateza igihombo bigatuma iterambere ifuza batarigeraho.

Hakizamungu Leon  umukozi mu Kigo cy’Igihugu gishnzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda, RAB araburira abacuruza inyongeramusaruro ko uzafatwa ahangika abaturage imiti yarengeje igihe cy’ikoreshwa, azahanwa n’amategeko kuko bishobora kugira ingaruka ku baturage.

Bimwe mu bihingwa by’imbuto bikomeje kwibasirwa n’ibyonnyi harimo Imyembe, amacunga mandalene n’indimu ku buryo hatagize igikorwa mu maguru mashya izi mbuto zizajya zikosha mu gihe kiri imbere.

Hiyongeraho ibigori hirya no hino bikomeje kwibasirwa na Nkongwa dore ko yatangiye no kototera igihingw cy’amasaka.

Callixte Kaberuka




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage