AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Abatuye Nyagatare bishimiye umuhanda wa miliyari zirenga enye ugiye kuzura

Yanditswe Jun, 09 2021 17:27 PM | 24,440 Views



Abaturage  bakoresha umuhanda Nyagatare –Kanyinya –Kagitumba barishimira ko imirimo yo kuwukora mu buryo bugezweho  yatangiye,  bakemeza  ko uyu muhanda uje ari igisubizo kuko umuhanda  usanzwe wari mubi cyane ntuborohereze kugeza umusaruro wabo ku isoko.

Uyu muhanda Nyagatare-Kanyinya –Kagitumba urimo  gukorwa ureshya n’ibirometero 38, ukaba ukora ku Mirenge ine y’akarere ka Nyagatare ariyo Nyagatare, Rwempasha, Musheri na Matimba.

Uzuzura utwaye amafaranga y’u Rwanda  miliyari 4.6, uje usanga undi wa  Nyagatare - Tabagwe –Karama wo ugenda ugana kukurangira kubakwa, hamwe n’indi mihanda izenguruka umujyi wa Nyagatare igeze hafi mu birometero  14  yose ikaba yarashyizwemo kaburimbo.

Ubusanzwe uyu muhanda na mbere wari uhari ariko warangiritse cyane, ku buryo nta kinyabiziga icyo aricyo cyose cyari kigishobora kuwucamo, bikaba byari bibabangamiye abaturage.

Kuri ubu uyu muhanda urimo gushyirwamo kaburimbo iciriritse aho biteganijwe ko icyo gikorwa kizatwara amezi 15.

Abahatuye bavuga ko gukora uyu muhanda bigiye kubabera igisubizo, kuko baburaga uko bageza umusaruro ku Isoko, no kugera mu Mujyi wa Kigali bikaba byari ikibazo kibakomereye.

Ubuyobozi bw’akarere  ka Nyagatare buvuga ko uyu muhanda kuba  uhuza umujyi wa Nyagatare n’umupaka wa Kagitumba,  witezweho byinshi kuko uzatuma  ibikorwa by’ubucuruzi byiyongera, ndetse n’umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi uzabona uko ugezwa ku isoko byoroshye.

Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Rurangwa Steven yemeza ko iyo mirimo irimo kugenda neza nubwo yabanje gukomwa munkokora n’icyorezo cya COVID 19

Kuru ubu imirimo yo kubaka uyu muhanda igeze ku kigero cya 31% by’imirimo yose igomba gukorwa.


Kanyumba Beata



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage