AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Abaturage muri Ruhango basubijwe igishanga nyuma y'imyaka 12

Yanditswe Mar, 20 2023 20:34 PM | 67,221 Views



Abaturage baturiye igishanga cy'Agatare mu Mirenge ya Ruhango na Bweramana mu karere ka Ruhango, bongeye guhabwa iki gishanga nyuma y'uko hari hashize imyaka 12 gihawe rwiyemezamirimo ariko akananirwa kukibyaza umusaruro.

Rwiyemezamirimo wahawe igice cy'iki gishanga cyahise cyamburwa abaturage yari yagihawe na Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi ngo ahororere Amafi. 

Gusa umushinga we ntiwarambye ndetse abaturage ntibanasubizwa iki gishanga bisubiza inyuma ubuhinzi bwabo.

Mu ntangiriro z'uku kwezi nibwo ubuyobozi bw'Akarere bwafashe umwanzuro wo gusubiza iki gishanga mu maboko y'abahinzi.

Aba baturage bavuga ko biteguye kugaruza imyaka 12 bataye batabyaza umusaruro iki gishanga.

Kuri ubu aha mu Gatare abamaze guhabwa aho guhinga barimo kurima amasinde ndetse abandi bashya bakomeje kuhahabwa. 

Umuyobozi w'Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens asaba aba baturage kubyaza umusaruro iki gishanga uko bikwiriye.

Igice cy'iki gishanga cyari cyarambuwe abaturage ni ikingana na Hectares 8 ziri ku ruhande rw'Umurenge wa Ruhango mu Kagari ka Bunyogombe.

Tuyisenge Adolphe



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage