AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Abashyingura abishwe na Covid19 bavuze ko muri iyi minsi abo bashyingura ari benshi

Yanditswe Jul, 11 2021 16:26 PM | 136,120 Views



Mu gihe imibare y'abicwa na COVID-19 ikomeje kuzamuka, bamwe mu bakozi ndetse n'abaturiye amarimbi yakira n'abashyingura ababo bazize iki cyorezo bemeza ko izamuka ry'imibare y'abarimo guhitanwa nacyo ugaragarira buri wese, bagereranyi n'iyo bari bamenyereye.

Bamwe mu baturiye irimbi rya Rusororo riri mu karere ka Gasabo ndetse n'irimbi ry'i Nyamirambo mu karere ka Nyarugenge ndetse n'abafasha muri serivisi zo gushyingura, bose bemeza ko ari kenshi  basigaye babona abishwe na coronavirus baje gushyingurwa kurenza mu bihe byashize.

Ibi barabivuga mu gihe ku wa Gatandatu w'iki Cyumweru, abantu 17 bahitanywe na COVID-19, bituma umubare w'abishwe nayo mu Rwanda ugera kuri 551.

Ni nyuma y'uko ku munsi hagenda hapfa abantu kuva ku 10 no kuzamuka bahitanywe na covid19.

Umukozi ushinzwe imirimo ya buri munsi yo gushyingura mu irimbi rya Rusororo, Nkusi Anselme avuga ko imibare y'abahashyingurwaga mbere bishwe na coronavirus ntaho ihuriye n'iyo muri iyi minsi.

Udahemuka Magnus ukora  mu itsinda rishinzwe gukurikirana abarwayi ba Covid 19 by’umwihariko mu birebana n’ubuzima bwo mu mutwe, avuga ko abantu bagomba kwitwararika iki cyorezo bitewe n’uko gihitana ubuzima bw'abantu ndetse kikanahungabanya umuryango wose.

Guhera ku tariki ya 01 Nyakanga uyu mwaka, umubare w'abahitanwa n'icyorezo cya COVID-19 nturajya munsi y'abantu 10, ahubwo ugenda usatira abantu 20 ku munsi.

Ibi binajyana n'ubwiyongere bw'abandura bashya basigaye bari hejuru ya 800 ku munsi n'abarwayi barembye kuri ubu bari hajuru ya 60. Abaturarwanda bakaba basabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo yose uko yakabaye kugira ngo iyi mibare ibe yagabanuka.

Bosco Kwizera




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage