AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Abasesengura iby'ubukungu basanga umubare w'abatuye Afurika ari inyungu ikomeye

Yanditswe Feb, 26 2022 17:59 PM | 82,479 Views



Abasesengura ibirebana n’ubukungu bavuga ko umubare w’abaturage ba Afurika basaga miliyari 1 na miliyoni 200 ari inyungu ikomeye cyane cyane ku birebana n’isoko ry’ibyo uyu mugabane ukora birimo n’ibyo mu nganda. 

Gusa ngo gushyira hamwe k’uyu mugabane ni yo nkingi ikomeye yatuma uyu mugabane ugera ku iterambere rirambye.

Ubwo yatangaga igitekerezo cye mu kiganiro kirebana n’uruhare rwo kwishyira hamwe kw’abanyafrika mu guharanira iterambere rirambye ry’uyu mugabane, Umunyarwanda Dr Donald Kaberuka wigeze kuyobora banki ya Afrika itsura amajyambere (AfDB) yashimangiye ko ishyirwaho ry’isoko rusange rya Afrika (AfCFTA) ari umwe mu myanzuro itanga icyizere mu iterambere rirambye ry’uyu mugabane; bityo ngo ibihugu bya Afrika bikwiye kubyaza amahirwe iri soko ririho abaturage basaga miliyari 1 na miliyoni 200.

Zimwe mu ntego z’ingenzi z’umuryango uharanira agaciro ubufatanye n’iterambere ry’abanyafurika (Pan African Mouvement) ni ubufatanye mu gushaka ibisubizo bivuye mu mwimerere w’abanyafurika ubwabo no kurandura imyumvire yasizwe n’abakoroni ku birebana n’uko abanyafrika badashoboye nyamara hari ingero z’ibyo abanyafrika bikora birimo ibirebana n’ubukungu n’ishoramari, kubungabunga umutekano n’ibindi.

Aha niho prezida wa komisiyo y’umuryango wa Afrika yunze ubumwe Moussa Faki Mahamat ahera yerekana ko ntacyo umugabane wa Afrika utageraho. 

Mu nama ya 3 ya Pan African Movement ishami ry’u Rwanda, umuyobozi mukuru w’uyu muryango mu Rwanda Musoni Protais yibukije ko kwigira kw’abanyafurika ari kimwe mu byafasha abatuye uyu mugabane kugera ku ntego z’icyerekezo wihaye cyo kugera ku iterambere rirambye mu mwaka wa 2063.

Prezida wa Sena y’u Rwanda Dr Iyamuremye Augustin wahagarariye  Perezida wa Repubulika muri iyi nama yashimye abagize igitekerezo cyo kwishyira hamwe kw’abanyafrika guhera mu myaka ya kera, anatanga urugero ko u Rwanda rukomeje kohorohereza abanyafurika bifuza kurukoreramo cg kuhatemberera.

Pan African Movement ishami ry’u Rwanda ryabonye icyemezo cyo gukora mu mwaka wa 2015; kimwe mu byo uyu muryango ushyira imbere ni ugukangurira Abanyarwanda n’abanyafrika muri rusange kwishakamo ibisubizo binyuze mu bufatanye bwabo. 

Muri kongere ya 3 y’iyi nama ya pan African Movement ishami ry’u Rwanda hanatowe komite nshya izayobora uyu muryango mu myaka 5 iri imbere ndetse hanemeza gahunda y’ibikorwa(strategic plan y’umwka wa 2022 kugeza 2024). 



Jean Claude MUTUYEYEZU 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage