Yanditswe May, 09 2021 09:56 AM | 17,565 Views
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Kibirizi mu karere ka Nyanza, barasaba ko ahitwa ku Ibambiro hiciwe abagore n'abana hashyirwa urwibutso, mu rwego rwo kubungabunga amateka yihariye y'uburyo abagore n'abana bishwe muri Jenoside hagamije kurimbura burundu icyitwa umututsi.
Ku Ibambiro ni mu yahoze ari Komine Muyira, Segiteri Matara, Serire Rugunga; ubu ni mu Karere ka Nyanza mu Ntara y'Amajyepfo.
Aha ni hamwe mu habaye umwihariko w'ubwicanyi bw'indengakamere n'iyicwarubozo ryakorewe abagore n'abana.
Ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, CNLG bugaragaza ko ku Ibambiro hahungiye abatutsi benshi harimo abana, abakobwa ndetse n’abagore benshi nyuma y’uko abicanyi babijeje umutekano ko baticwa.
Nyuma yo kuhagera ari benshi, abicanyi barabatikije bose mu gihe gito.
Uwitwa Providence Mukakalisa umwe mu barokokeye aha ku Ibambiro, avuga ko ari ahantu hari hasanzwe hakorerwa imirimo yo gutunganya impu.
Gusa avuga ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, hiciwe abana n'ababyeyi kandi bikorwa mu buryo bw'agashinyaguro.
Avuga ko aba bagore n'abana bishwe taliki 3 Gicurasi 1994, nyuma yo kubakangurira kuva aho bari bihishe hirya no hino ngo bahaze bababeshya ko bari babarindire umutekano.
Uhagarariye Ibuka mu Murenge wa Kibirizi Gihana Venuste, ashima ko muri iyi myaka 27 Jenoside yakorewe abatutsi ibaye, abarokokeye aha mu Murenge wa Kibirizi bagenda biyubaka.
Yagize ati “Gusa turasaba ko aha ku Ibambiro ahari urusengero rwa ADEPR, hakubakwa urwibutso mu rwego gusigasira amateka.”
Dr. Anita Asiimwe, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana, yagaragaje ko kwica abana n'abagore ari kimwe mu bigaragaza umugambi mubisha wari warateguwe wo kurimbura Abatutsi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yavuze ko ubutegetsi bubi bwateguye Jenoside bunayishyiramo abaturage bwashenye igihugu.
Yagize ati "Ubundi abaturage ni wo mutungo w'ibanze w'igihugu, ni yo mpamvu leta ishishikajwe no kubaka igihugu gituwe n'abantu bafite ubumuntu."
Kugeza ubu imibiri 454 y'abagore n'abana yavanywe mu cyobo cyo ku Ibambiro, yubakiwe urwibutso rw'agateganyo aha mu Murenge wa Kibirizi.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru