AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Abakora mu nzego z'ubuzima n'iz'umutekano barashimirwa ubwitange

Yanditswe Dec, 25 2020 20:36 PM | 23,325 Views



Kuri uyu munsi wa Noheli Abaturage bagana amavuriro ndetse n'abandi bakenera serivisi  zirimo n'iz'umutekano bashima uruhare rw'abaganga n'abashinzwe umutekano  kuko bigomwa ubusabane bw'imimsi mikuru nk'iyi.

Mu gihe hirya no hino kuri uyu munsi wa Noheli hari abaturage bafata ibiruhuko bakajya kwifatanya n'imiryango yabo mu birori byo kwizihiza umunsi mukuru wa Noheli,abatanga serivisi z'ubuvuzi ndetse n'abatanga serivisi z'umutekano akazi karakomeza.

Abagana amavuriro ndetse n'ababona serivisi z'umutekano bashima uruhare rw'izi nzego zigomwa ibiruhuko zigakomeza akazi.

Abayobozi b'ibi bitaro ndetse n'abakozi b'amavuriro bemeza ko aka kazi ari umuhamagaro n'ubwitange mu kurengera ubuzima bw'abaturage. Urugero Ni ku Bitaro bya Kacyiru mu ijoro rishyira  umunsi mukuru wa  Noheli byakiriye ababyeyi basaga 15 bahabyariye ku buryo byari kuba imbogamizi iyo basanga abaganga bagiye mu birori by'uyu munsi mukuru.

Ubwo  Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagezaga ku baturage uko igihugu gihagaze yashimiye ubwitange bw'izi nzego zidahwema gutanga serivisi ku baturage igihe cyose cyane cyane abagaragaza umusanzu wabo mu ku rwanya icyorezo cya COVID19.

Ubusanzwe mu minsi mikuru ya Noheli n'Ubunani bamwe mu baturage biyizihiriza mu nsengero,abandi mu tubari hakaba n'abategura ibirori mu ngo zabo.Kubera icyorezo cya COVID19 bimwe muri ibi bikorwa byarahagaritswe mu rwego rwo kwirinda kugikwirakwiza.Cyakora izi nzego zishimwa n'abaturage zo zarushijeho gukora cyane.

Jean Pau TURATSINZE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage