AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Abahoze ari abarambetsi muri Nyagatare bayobotse inzira zibateza mbere

Yanditswe Jun, 01 2021 13:48 PM | 24,866 Views



Bamwe mu bahoze mu bikorwa byo kwambutsa no gucuruza ibiyobyabwenge na magendu bo mukarere ka Nyagatare aho babivanaga mu bihugu by’ibituranyi, barishimira ko nyuma yo kwigishwa bakava muri ibyo bikorwa bibi kandi bitemewe, leta yabashyiriyeho imishinga itanga akazi nko gutunganya imihanda yangiritse.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burabasaba kubyaza umusaruro ayo mahirwe bagakoresha amafaranga bahembwa mu bikorwa byemewe bibyara inyungu.  

Mu muhanda uva muri Centre ya Matimba werekeza i Nyabwishongwezi na Cyembogo mu Murenge wa Matimba, ni ho hari itsinda  rw’abiganjemo urubyiruko mu bikorwa byo kuwutunganya kuko wari warangiritse.

Bamwe muri bo ni abahoze mu bikorwa by’uburembetsi birimo gutunda no gucuruza ibiyobyabwenge biva mu bihugu by’ibituranyi, ndetse no kwambutsa ibicuruzwa mu buryo butemewe cyangwa forode.

Mu buhamya bwabo bavuga ko bagihamagarwa bakabwirwa ko leta yabemereye akazi, bamwe ngo babanje gukeka ko ari uburyo bwo kubafata ngo babafunge. 

Kugeza ubu mu Mirenge itandatu yegereye umupaka mu Karere ka Nyagatare ari yo Kiyombe, Karama, Tabagwe, Rwempasha, Musheri na Matimba habarurwa abagera ku 2900 bahawe akazi ko gutunganya imihanda y’ibirometero 35 yangiritse muri iyi Mirenge.

Muri aba hakaba harimo  n’abahoze mu bikorwa by’uburembetsi, buri umwe muri aba akorera amafaranga ibihumbi 2000 ku munsi, bakayahembwa nyuma ya buri minsi itanu. Ibi ngo ni amahirwe akomeye kuri bo.  

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudian we asanga aya ari amahirwe akomeye abahawe iyi mirimo badakwiye gupfusa ubusa, kuko arimo inyungu nyinshi ibibagiza ibitekerezo byo gusubira mu bikorwa bitemewe kandi bigira n’ingaruka kuri bo no ku gihugu muri rusange. 

Uretse mu Karere ka Nyagatare, imishinga itanga akazi kuri bamwe mu baturage baturiye imipaka ihuza u Rwanda n’ibihugu by’ibituranyi irarimbanyije mu Turere twa Burera na Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru natwo twegereye umupaka.

Ubwo hatangizwaga iyi mishinga kandi, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu yatangaje ko by’umwihariko ku bahoze ari abarembetsi muri buri Karere gakora ku mupaka w’u Rwanda na Uganda, bazahurizwa muri koperative zo kubafasha kwiga imishinga ibyara inyungu, maze na yo igaterwa inkunga binyuze mu kigega BDF.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage