Yanditswe Jan, 19 2022 18:33 PM | 16,848 Views
Abahagarariye
abafite ubumuga batangaje ko bitabaje inzego z’irimo n’iz’ubutabera, kugira ngo zikurikirane ikibazo cy'abashukisha
abafite ubumuga amafaranga cyangwa ibisindisha, bagamije kubacuruza ku mbuga nkoranyambaga kuko bibangamira uburenganzira bwabo.
Ni ikibazo kigaragara ku mbuga nkoranyambaga nka youtube ndetse n'izindi, aho usanga abafite ubumuga butandukanye burimo n'ubwo mu mutwe bashukishwa inzoga, amafaranga cyangwa ibiribwa, noneho ababibahaye bakabafotora kugira ngo babikwirakwize ku mbuga nkoranyambaga bagamije inyungu zabo.
Abafite ubumuga n'abandi baturage mu ngeri zitandukanye bavuga ko
bidakwiye guhungabanya uburenganzira bw'abafite ubu muga.
Nizeyimana Evariste uri mu Mujyi wa Kigali yagize ati “Njye mbona ikibazo biteye ari uko baha umuntu ibiyobyabwenge agakora ibitamurimo, akishakamo izindi mbaraga atari afite cyangwa bakamutegeka ibyo avuga kubera ibyo yahawe.”
Uwamahoro Liliane we yagize ati “Cyane babikoreshwa bazi ko bagiye guhabwa ayo mafaranga cyangwa izo nzoga ngo binywere, ariko nkeka ko baba batita kuburenganzira bwabo, njye mbifata nk’aho ari ukubacuruza."
Inzego z'ibanze nazo zamagana abantu bashukisha abafite ubumuga ibihendabana, bakwirakwiza amafoto n'amashusho ku mbuga nkoranyambaga kuko ngo binyuranije n'amahame y'uburenganzira bw'ikiremwamuntu.
Inzego zihagarariye abafite ubumuga zishimangira ko ntawe ukwiye kwihanganirwa mu gihe yakoze ibinyuranije n'amategeko, arengera abafite ubumuga.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’ihuriro ry’imiryango y’abafite umubuga mu Rwanda, Nsengiyumva Jean Damscene avuga ko iki kibazo cy’abakoresha amashusho y’abafite ubumuga ku mbuga nkoranyambaga baharabika ndetse bakanabagaragaza mu ishusho mbi, kimaze gufata indi ntera.
Avuga ko bitabaje inzego zitandukanye z’irimo n’iz’ubutabera ngo zibikurikirane.
Ati “Umuntu ufite ubumuga araba igikoresho cyo gushaka inyungu kandi birarenga no ku mategeko tugenderaho ari itegeko nshinga, ari itegeko rirengera abafite ubumuga, ari n’amasezerano mpuzamahanga arengera abafite ubumuga, no gukoreshwa ibiganiro bituma bwaburenganzira bwe butagaragara nk’ubwubahirijwe cyane cyane bimusebya na societe nyarwanda, gufata umuntu ukagaragaza uko arya byinshi birenze."
"Hari ishusho biha abandi bantu imiterere y’umuntu ufite ubumuga bwo mu mutwe, hari n’ibindi byabibanjirije, nibyo turimo kwamagana kugira ngo bihagarare uyu munsi nibatabihindura twabimenyesheje urwego rw’ubugenzacyaha kuko bihanwa n’amategeko.”
Ibarura rusange ry’abaturage n’imibereho y’ingo ryo mu 2012, ryagaragazaga ko mu Rwanda hari abafite ubumuga basaga ibihumbi 4460.
Nta mubare ugaragazwa w’abakoresheje abafite ubumuga ku mbuga nkoranyamba mu buryo bunyuranije n’amategeko kuko ngo bakiri kubarurwa.
Jean Paul Turatsinze
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru