AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Abageze mu zabukuru baravuga ko iyo batitaweho uko bikwiye bituma bagira ubwigunge

Yanditswe Jan, 04 2022 15:57 PM | 6,889 Views



Bamwe mu bageze mu zabukuru, baravuga ko iyo batitaweho uko bikwiye bituma bagira ubwigunge ndetse bikaba byabatera n’agahinda gakabije.

Politiki y’igihugu y’abageze mu zabukuru, iha abakiri bato inshingano zo kwita ku bageze mu zabukuru no kubungabunga ubuzima bwabo, nk’uko bitangazwa na bamwe mu bashinze umuryango Nsindagiza wita ku bageze mu zabukuru.

Mukarubega Verdianne ufite imyaka 67, avuga ko kuba atarahuraga n'abandi ngo baganire, byari byaramuhejeje mu bwigunge ndetse bikanatuma atamenya aho abandi bageze.

Gusa ngo kuri ubu yungutse inshuti nyinshi kandi z’umumaro, ari naho ahera avuga ko abageze mu zabukuru badakwiye guhezwa, ahubwo ko bakwiye gufashwa kugira ngo uburenganzira n'imibereho myiza yabo irusheho gutera imbere.

Yagize ati ''Abakecuru n’abasaza bakiri mu bwigunge nabo bakwiye guhaguruka mbese bakatureberaho, uwandeba kuri ubu uko meze akanandeba mu gihe cya kera abona ko hari ikintu kinini nahindutseho, ndashishikariza n’abandi baba bakiri aho, ko bashakana bakegerana bagahuriza hamwe imbaraga zabo bakiteza imbere bagasa nk'abandi.''

Karasanyi Vincent we ati  ''Twari tubayeho mu bwigunge umuntu akabaho ari nyamwigendaho ndetse ntunamenye mugenzi wawe, ariko aho Nsindagiza iziye turahura tukaganira tukungurana ibitekerezo, ndetse nk’ubu twe dufite agashinga ko guhinga imboga duhuriramo buri wa Kabiri, usanga bituma umuntu ava mu bwigunge kuko urwaye tujya kumusura tukamuganiriza mbese akumva ko na we ari mu muryango.''

Umuyobozi w'umuryango Nsindagiza, Mugabowishema Elia avuga ko iyo abasheshe akanguhe bahagaritse imirimo bakoraga, kubera izabukuru  bibagiraho ingaruka harimo no kuba barwara indwara zitandukanye.

''Ibyo bibazo byose iyo bihuriranye ni hahandi usanga ari nko mu rugo arimo gufata nk’imiti y’ubwoko nka butanu cyangwa butandatu kandi ibyo byose bikaba atagifite n'uburyo bwo kubona amafaranga yo kwivuza, niyo yaba afite ubwisungane ariko ugasanga hari andi mafaranga agomba kongeraho kandi adafite, ibyo byose bigahurirana n’uko rimwe na rimwe usanga aba aba wenyine adafite n’uwo babana.”

Muri Gicurusi 2021, nibwo leta y'u Rwanda yashizeho politiki y'abageze mu zabukura ifite intego zirimo no gukora ubukangurambaga mu bakiri bato kugira ngo bakure batekereza ku mibereho yabo y'izabukuru.

Ubushakashatsi bwerekana ko uko serivisi z'ubuvuzi n'imibereho myiza zibaye nke, icyizere cy'ubuzima nacyo kigabanuka.

Kugeza ubu mu Rwanda serivisi z'ubuzima zimaze gutera imbere ari nacyo cyatumye icyizere cy’ubuzima  kiva ku myaka 45 mu 1995 kikagera ku myaka 68 muri 2021.

Kuri ubu mu Rwanda habarurwa abageze mu zabukuru bangana na 10% by'abaturage bose, bavuye kuri 2% mu mwaka wa 1960.

Benjamin Niyokwizerwa



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage