AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Abadepite bemeje raporo ku isesengura ry’imbanzirizamushinga y’itegeko rigena ingengo y’imari ya miliyari 4.658.4 Frw

Yanditswe Jun, 10 2022 15:58 PM | 158,739 Views



Inteko rusange y’Umutwe w’Abadepite yashyikirijwe kandi yemeza raporo ku isesengura ry’imbanzirizamushinga y’itegeko rigena ingengo y’imari ya leta y’umwaka wa 2022-2023, ingana na miliyari 4.658.4 Frw.

Iyi raporo yagaragaje ibikorwa 8 by’ingenzi bizibandwaho mu mwaka w’ingengo y’imari utaha, aho ibyinshi bizibanda kuri gahunda yo kwihutisha iterambere NST1, icyerekezo 2050 ndetse n’ibyo umukuru w’igihugu aba yaremereye abaturage.

Komisiyo y’ingengo y’imari n’umutungo by’igihugu mu mutwe w’Abadepite yabanje kugaragariza inteko rusange ko kugeza mu kwezi kwa 5, ingengo y’imari y’umwaka wa 2021-2022 ingana na miliyari 4,440.6 igana ku musozo, imaze gushyirwa mu bikorwa ku gipimo cya  84.6%.

Hari inzego zagaragajwe muri iyi raporo ko zashyize mu bikorwa ingengo y’imari ku gipimo kirenze 100% nka ministeri y’Uburezi iri kuri 135.3%, ikigo gishinzwe ibizamini-NESA kiri ku gipimo cya 111.5% ndetse n’igishinzwe amashuri y’imyuga-RTB kiri ku gipimo cya 104.6%.

komisiyo ivuga ko byatewe n’imishinga yihutirwaga yagombaga gushyirwa mu bikorwa nta kabuza nk’ubwubatsi bw’ibyumba by’amashuri n’ibindi. 

Prezida wa komisiyo y’ingengo y’imari n’umutungo by’igihugu, Prof Omar Munyaneza asobanura ko kuba hari ibigo 3 byashyize mu bikorwa ingengo y’imari ku gipimo cyo hasi cyane harimo n’ikiri munsi ya 10%, ngo byatewe n’uko ibi bigo bikiri bishya.

Nyuma yo kungurana ibitekerezo n’inzego zitandukanye hakusanywa ibitekerezo byashingirwaho mu itegurwa ry’ingengo y’imari, raporo ku isesengura ry’ingengo y’imari u Rwanda ruteganya gukoreshwa mu mwaka wa 2022-2023 rigaragaza ko izaba ingana na miliyari ibihumbi 4.658.4, iziyongeraho amafaranga agera kuri Miliyari 217.8 FRW bingana na 4.9% ugereranyije n’ingengo y’imari ivuguruye y’umwaka wa 2021/2022 ugana ku musozo.

Abagize inteko ishinga amategeko basabye ko ibibazo bireba ubuzima rusange bw’abaturage, bikwiye kuzakomeza kwitabwaho uhereye ku gukumira ibiza ndetse n’ubuhinzi.

Inteko rusange yamurikiwe ingengo y’imari n’ingamba z’igihe giciriritse cy’imyaka 3 izava mu mwaka wa 2022/2023-2024/2025, aho byagaragaye ko izamuka nubwo habaye ihungabana ry’ubukungu ku rwego rw’Igihugu ryatewe n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19, n’intambara hagati ya Ukraine n’u Burusiya.

Komisiyo y’ingengo y’imari n’umutungo by’igihugu yasobanuye ko bimwe mu byibanzweho mu mwaka w’ingengo y’imari y’umwaka utaha, bizibanda kuri gahunda yo kwihutisha  iterambere/NST1 yegereza umusozo.

Komisiyo y’ingengo y’imari n’umutungo by’igihugu kandi yagaragaje ko hari ibyuho 207 bifite agaciro ka miliyari 328.2 byihutirwa byagaragaye mu mwaka w’ingengo y’imari 2021/2022, bikaba bingana na 7.5% by’ingengo y’imari yose, bityo ngo bititaweho bikaba byandindiza ibikorwa n’imishinga imwe n’imwe. 

Ibitekerezo byatanzwe n’abagize inteko ishinga amategeko birohererezwa guverinoma ibyigeho itegure umushinga w'itegeko, ariwo uzazanwa mu nteko rusange ku munsi wa Kane w'icyumweru cya 2 cy'ukwezi kwa 6, numara kwemeza nibwo umushinga w’itegeko rigena ingengo y’imari uzatorwa mbere ya tariki 30/06 kugir ango izatangire gukoreshwa kuva tariki ya 1 Nyakanga.

Jean Claude Mutuyeyezu



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage