AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Ababyeyi bagana ibitaro bya Gakoma bishimiye ko byatangiye kuvugururwa

Yanditswe Jul, 06 2022 16:42 PM | 57,063 Views



Ababyeyi bagana ibitaro bya Gakoma biherereye mu Murenge wa Mamba mu karere ka Gisagara, baravuga ko kuba birimo kuvugururwa ndetse hanazamurwa inyubako nshya ya serivisi yaho ababyeyi babyarira, serivisi bahabwa zizarushaho kunoga.

Ibi bitaro bya Gakoma byubatswe mu mwaka wa 1981 ariko inyubako zisanzwe z’ibi bitaro zimaze iminsi zivuguruwe, ndetse harimo no kubakwa uruzitiro rwabyo hamwe n’inyubako nshya y’ababyeyi (maternity) nabyo biri hafi kuzura. 

Ababyeyi bagana ibi bitaro baravuga ko bigiye guca ubucucike bw’ababyeyi bwarangwaga kuri ibi bitaro.

Umuyobozi mukuru w’ibitaro bya Gakoma, Dr.Pascal Ngiruwonsanga avuga ko uretse inyubako zirimo kuvugururwa ndetse n’izirimo kubakwa, hari na gahunda yo kongera ibikoresho by’ubuvuzi byifashishwa n’ibitaro ndetse no kongera abaganga n’abaforomo mu rwego rwo kurushaho gutanga serivisi inoze kubagana ibi bitaro.

Ibi bitaro bya Gakoma bitanga serivisi ku baturage ibihumbi 163 baturuka mu Mirenge 5 yo mu karere ka Gisagara ndetse n’Umurenge wa Ntyazo wo mu karere ka Nyanza. 

Byavuguruwe mu ngengo y’imari irangiye kuri miliyoni 42 Frw bikozwe n'ibitaro, naho kubaka inyubako y’ababyeyi, Maternity no ku bizitira, birimo gukorwa n’Akarere ka Gisagara ku bufatanye na ENABEl.

Ni umushinga uzatwara miliyoni hafi 450 Frw, kugeza ubu imirimo yo kubaka uruzitiro igeze kuri 90%, naho kubaka Maternity bigeze kuri 60%. Biteganyijwe ko izuzura muri Nzeli uyu mwaka.


Jean Marie Vianney Nshimiyimana



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage