AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

AMATEKA YA INTERNET MU RWANDA

Yanditswe May, 15 2019 07:23 AM | 9,883 Views



Minisiteri y'Ikoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo ivuga ko abagerwagaho na murandasi mu Rwanda muri 2011 bari 7% gusa  mu gihe muri 2019 bageze kuri 52%

Imibare y'iyi Minisiteri kandi igaragaza ko  muri 2010 abari batunze telefone ngendanwa bari 33% gusa mu gihe muri uyu mwaka wa 2019 barenga 80.5%

Ibi byatumye abakoresha service zo guhererekanya amafaranga kuri telefone bazamuka bava ku bihumbi 630 muri 2011 barenga miliyoni 10 muri 2019.

Minisiteri y'Uburezi yo igaragaza ko amashuri abanza agerwaho na murandasi yavuye ku 9.8% muri 2016 agera kuri 25.1% muri 2017 mu gihe amashuri yisumbuye yo yavuye kuri 35.4% muri 2016 agera kuri 41.3% muri 2017

Mu mwaka wa 2000 ni bwo mu Rwanda hatangiye gukoreshwa murandasi (internet). Hakozwe byinshi cyane ko igihugu cyaheraga ku busa, nk'uko bisobanurwa na KALEMA Goldon, umuyobozi mukuru ushinzwe ikoranabuhana MINICT.

"Kuva mu 2000 hibanzwe mu gushyiraho politiki n'ibigo by'ikoranabuhanga. kuva mu 2006 Leta yibanze ku gushyiraho ibikorwa remezo by'ikoranabuhanga ari nabyo bitanga murandasi. icyo gihe nibwo fibre optique yagejejwe hose mu gihugu,mu turere 30 ndetse igezwa no ku mbibi z'igihugu zirenga 15.4G coverage ni ukuvuga ukuntu ukwirakwijwe hose mu gihugu ku baturage tugeze ku kigero cya 96.6%." KALEMA Goldon, Umuyobozi mukuru ushinzwe ikoranabuhana MINICT

Gushyira ingufu mu kwihutisha ikoranabuhanga byoroheje itangwa rya service zitandukanye abaturage bakenera.

Mu kwihutisha ikoranabuhanga Leta y'u Rwanda yabihereye mu rwego rw'uburezi aho kuva mu mashuri abanza n'ayisumbuye abanyeshuri bakoresha mudasobwa ibintu bitanga icyizere ko icyerekezo cy'iterambere u Rwanda rufite kizagerwaho.

Jean Damascène MANISHIMWE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage