AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

AFURIKA NTA MWANYA NA MUTO IFITE WO GUTAKAZA - PAUL KAGAME

Yanditswe Mar, 26 2019 08:14 AM | 4,722 Views



Perezida wa Repubulika Paul KAGAME yagaragaje ko Afurika nta mwanya na muto ifite wo gutakaza kugira ngo yungukire mu kwishyira hamwe kwayo, kandi ko ubushake bwa Politiki bukwiye kubigiramo uruhare rufatika.

Ibi umukuru w'igihugu yabigarutseho ubwo yatangizaga ku mugaragaro inama nyafrika y'abikorera izwi nka Africa CEO forum.

Perezida Kagame yagaragarije abitabiriye iyi nama ko mu gihe hashize umwaka i Kigali hasinyiwe amasezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika, ubu igihugu kimwe ari cyo gisigaye kuyemeza kugira ngo atangire gushyirwa mu bikorwa. Gusa ngo akazi gakomeye gasigaye mu ishyirwa mu bikorwa ry'ayo masezerano ku rwego rwa buri gihugu.

Yagaragaje ko ku bufatanye na leta, inzego z'abikorera zikwiye gushyiraho uburyo n'ingamba zihamye kugira ngo kubyaza umusaruro amahirwe ari mu kwishyira hamwe kwa Afurika bishoboke. 

Aha umukuru w'igihugu yasobanuye ko  abagore bazaba basaga kimwe cya kabiri  cya miliyari imwe na miliyoni ijana z'abanyafrika bazaba bageze mu myaka yo gukora mu kiragano gishya kiri imbere. 

Yavuze ko bisaba Afurika kubaha umwanya n'uburenganzira bungana n'ubw'abagabo kugira ngo ubwinshi bw'abageze mu myaka yo gukora butazabera Afrika umutwaro aho kuyibera amahirwe y'iterambere.

Ibi kandi bijyana no kuba buri kwezi, umugabane wa Afurika ukenera guhanga imirimo ingana na miliyoni imwe n'ibihumbi 700. Umuyobozi nshingwabikorwa w'Ikigo Mpuzamahanga cy'Imari, IFC gishamikiye kuri banki y'Isi, Philippe Le Houérou, yashimangiye ko n'ubwo bishoboka bisaba kubaka urwego rw'abikorera rufite ubushobozi n'ububasha bwo guhangana ku isoko mpuzamahanga.

Yahamagariye Leta z'ibihugu bya Afrika gukora ibishoboka byose bikorohereza abikorera gushora imari mu bihugu byabo, kandi ko bisaba kudacogora mu gukora amavugurura. Aha yatanze urugero rw'u Rwanda rukomeje kuzamuka ku rutonde ngarukamwaka rwa banki y'Isi mu bijyanye no koroshya ubucuruzi.

Mu kiganiro cyagarutse ku kwihuza kwa Afrika mu by'ubukungu cyane cyane ku bijyanye no gushyiraho isoko ryagutse, impuguke mu by'ubukungu akaba n'umwarimu muri kaminuza mpuzamahanga ya Cape Town muri Afurika y'Epfo, Carlos Lopez, we yagaragaje ko intambwe Afurika imaze gutera itanga icyizere.

Perezida KAGAME yashimangiye ko ntawe ukwiye kwibeshya ko isoko rusange ryagutse ku mugabane wa Afurika rizakemura byose, kuko ngo ubushake bwa Politiki ari bwo shingiro rya byose. Aha, yasubizaga ikibazo cy'umunyamakuru wa CNN, Eleni GIOKOS wari umusabye gusobanura ku myifatire y'igihugu cya Uganda. Umukuru w'igihugu yagaragaje ko usibye guhohotera Abanyarwanda no kubakorera iyicarubozo, iki gihugu kinabangamira ubucuruzi bw'abashoramari b'abanyamahanga bakorera mu Rwanda.

yagize ati "Twari dufite kontineri zagombaga kuva i Kigali zijya i Mombassa, kuko iyo uva i Kigali ujya Mombassa ugomba kunyura muri Uganda. Ikinatangaje muri ibyo ariko ni uko ari twe ntidukora ku  nyanja yewe na Uganda ni uko, ariko kubera ko tunyura muri uwo muhanda twigirizwaho nkana kuko na Uganda ubwayo idushyira kure y'inyanja kurushaho. Kontineri z'amabuye y'agaciro zagombaga kunyurayo zijya Mombassa, zahejejwe muri Uganda zimarayo amezi 5. Mbere na mbere twabanje kureba hano ibijyanye na gasutamo n'imisoro dusanga biri ku murongo, banavugana na bagenzi babo bo muri Uganda bababwira ko ntakindi kibazo gihari, ariko babajije impamvu bafashe izo kontineri barabasubiza bati ni amabwiriza yaturutse ahandi avuga ko zitagomba gutambuka. Ibyo byabaye ku mushoramari utari n'Umunyarwanda kuko ni kompanyi yo mu Budage. Hari na kompanyi y'AbanyaKenya yatwaraga amata iyakura mu Rwanda na Uganda kuko ntekereza ko ifite ubushobozi bwo kuyatunganya burushijeho, hanyuma kontineri zari zivuye hano zafatiwe muri Uganda zimaze iminsi myinshi ibihumbi bya litiro zayo zirangirika. Ibyo byose rero twarabigaragaje, kandi ntakindi kibyihishe inyuma kitari politiki."

Iyi nama nyafrika y'abayobozi b'ibigo by'ubucuruzi izwi nka Africa CEO forum yitabiriwe n'abagera ku 1800 barimo abayobora ibigo by'ubucuruzi n'abafatanyabikorwa babo, ndetse n'abakuru b'ibihugu n'aba za guverinoma bo hirya no hino ku mugabane wa Afrika. Yitezweho gufatirwamo ingamba n'ibyemezo bigamije kubaka ejo heza h'umugabane wa Afrika bigizwemo uruhare n'abikorera.


Inkuru ya Divin UWAYO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage