AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

13 bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID19

Yanditswe Jan, 18 2021 09:51 AM | 32,628 Views



Ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru polisi y’u rwanda yerekanye abantu 13 bakurikiranweho kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid19 bakora amakoraniro atemewe, ndetse bagerageza guhangana n'inzego za leta ziri mu kazi.

Abafashwe bari mu Kagari ka Nyarutarama mu Murenge wa Remera mu Mujyi wa Kigali.

Nyirurugo bafatiwemo Ndayiragije Prosper ahakana ko atari yakoranyirije abantu hamwe hagamijwe kwishimisha ahubwo ko bari bamutabaye.

Gusa yemera ko ibyo yakoze byari birimo ibyago byinshi byo kwanduzanya icyorezo cya Covid19.

Yagize ati "Mu byukuri ndabyemera ko ahantu hose haba hari abantu benshi haba hari ibyago byo kwandura rwose ibyo ndabyemera."

Usibye kurenga ku mabwiriza kandi abafashwe ngo banze gukingurira inzego z' umutekano ubwo zahageraga bikaba ari amabwiriza ucunga umutekano yari yahawe na nyirurugo.

Ati "hari hari urusaku rwinshi rw'abantu bari bahari bari kunywa inzoga, ariko numvise ngo bari baje kubayagira, noneho Polisi ije irakomanga nanga gufungura kuko nbari mfite amategeko yo kudafungura mbaza umukoresha wanjye ambuza gufungura na bo bakomeza gukomanga rero naje gufungura nyuma ari uko bamaze igihe kinini nabarekeye hanze bakanga kugenda."

Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, CP John Bosco Kabera yavuze ko ibyo uko nyirurugo yagize ibyago akaba yari yatabawe n'abavandimwe ari ukubeshya.

Ati "Arabeshya, uriya mugabo arabeshya kandi ikizatuma abantu batisubiraho ni uguhimba ibinyoma, ikindi bahoze babeshya ko ari uko amasaha yabafashe na byo barabeshya. Bakoze amakoraniro atemewe kandi bazi ko bibujijwe babona abandi dufata babirenzeho ariko na bo babirenzeho, icyo tubwira Abanyarwanda ni uko ukoze ibi rimwe ntafatwe ntakibeshye ko atazafatwa, aba yibeshya kuko igihe cyose akora ibitemewe umunsi uragera agafatwa, n'abandi babikora bamenye ko umunsi ari umunsi bazafatwa."

CP John Bosco Kabera kandi avuga ko kwanga gukingurira polisi bifatwa nko guhangana n'inzego z'umutekano bityo ko bagomba kubiryozwa.

Ati "Bikimara kumenyekana abapolisi bagiye gukinguza nyirurugo avuga ko batagomba gukingurira Polisi, iperereza niribihamya bakurikiranwaho icyaha cyo kwigomeka ku nzego za leta ziri mu kazi ibyo rero bishobora gutuma bafungwa igifungo kiri hagati y'amezi atandatu n'umwaka."

Usibye gucibwa amande ateganyijwe mu mabwiriza yashyizweho yo kwirinda icyorezo cya covid19, no guhana abayarenzeho, aba bafashwe barigishwa ndetse basabwe no kwipimisha icyorezo cya covid19 kandi biyishyurire ikiguzi cyabyo.


Fiston Felix HABINEZA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage