Yanditswe Nov, 16 2017 19:00 PM | 5,088 Views
Perezida w’igihugu cya Estonia Madamu Kersti Kaljulaid asanga abanyarwanda bamaze gutera intambwe ikomeye nubwo banyuze mu mateka ashaririye ya jenoside yakorewe abatutsi. Ibi yabigaragaje kuri uyu wa kane ubwo yatangiraga uruzinduko rw’iminsi 2 mu Rwanda.
Ku
gicamunsi ahagana saa cyenda n’igice nibwo Nyakubahwa Perezida wa
Estonia Madamu Kersti Kaljulaid
yageze ku kibuga cy’indege i Kigali, ahabwa ikaze n’umuyobozi mukuru w’ikigo
cy’igihugu cy’iterambere RDB Clare AKAMANZI, wari kumwe na minisitiri
w’ikoranabuhanga n’itumanaho Jean Philbert NSENGIMANA, ndetse n’umunyabanga wa
leta muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga Olivier NDUHUNGIREHE.
Madamu Kersti Kaljulaid, yahise asura urwibutso rwa jenoside yakorewe abatutsi rwa Kigali ku Gisozi. Yabanje kwerekwa film mbarankuru ngufi igizwe ahanini n’ubuhamya bw’abarokotse jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda. Nyuma yaho yatambagijwe igice ndangamateka kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, asobanurirwa uko yateguwe ndetse n’uburyo yashyizwe mu bikorwa.
Perezida Kersti Kaljulaid, yanashyize kandi indabo ku mva rusange iruhukiyemo imibiri y’abatutsi basaga ibihumbi 250 bishwe muri Jenoside, mu rwego rwo kubunamira. Mu butumwa yanditse mu gitabo cy’abasura uru rwibutso, Perezida Kersti Kaljulaid yavuze ko mu izina ry’abanya-Estonia bose, yifatanyije n’imiryango y’abazize jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda ndetse n’abanyarwanda bose muri rusange.
Muri ubu butumwa bwe kandi, Perezida Kaljulaid yashimiye abanyarwanda kuba bararenze amateka ashaririye ya Jenoside yakorewe Abatutsi none ubu bakaba bakataje mu iterambere, avuga ko ari ikimenyetso gikomeye cy’ubuzima n’icyizere cy’ejo hazaza.
Perezida Kersti Kaljulaid, ni inshuro ye ya mbere asura umugabane wa Afurika, akaba yageze mu Rwanda asoje uruzinduko yagiriraga muri Ethiopia. Estonia kandi kuva muri Nyakanga kugeza mu kwezi k’ukuboza uyu mwaka, ni cyo gihugu kiri k’ubuyobozi bw’umuryango w’ubumwe b’Uburayi.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru