Yanditswe Nov, 29 2018 22:19 PM | 32,998 Views
Perezida
wa Repubulika Paul Kagame akaba n'umuyobozi w'umuryango wa afurika yunze ari i Buenos
Aires, mu gihugu cya Argentina aho agiye kwitabira inama y'abakuru b'ibihugu na
za guverinoma b'ibihugu 20 bya mbere
bikize ku isi izwi nka G20 Summit.
Perezida
wa Repubulika Paul Kagame wageze muri Argentine kuri uyu wa 4, biteganyijwe ko mu
ijambo azageza ku bakuru b'ibihugu bigize iri tsinda rya G20 azibanda kuri gahunda
yo y'umuturage ku isonga, iteza imbere uruhare rw'umuturage mu bimukorerwa
hifashishijwe ikoranabuhanga, guhangira urubyiruko imirimo ndetse no kongerera
ubushobozi abagore.
Iyi nama ya G20 y'iminsi ibiri itangira kuri uyu wa gatanu ifite insaganyamatsiko igi iti '' gukorera hamwe kandi mu bwumvikane hagamijwe iterambere rirambye''.
Iyi nama ihuriza hamwe ibihugu 19 ndetse n'umuryango w'ubumwe bw'uburayi, hakiyongeraho n'ibihugu bihagarariye ibindi bice by'isi nk'u Rwanda ruhagarariye umuryango wa Afurika yunze ubumwe, naho Singapore ihagarariye umuryango w'ibihugu by'amajyepfo ya Aziya ndetse na Senegal ihagariye ikigo cy'umuryango wa Afurika yunze ubumwe gishinzwe kwihutisha iterambere NEPAD ndetse na Jamaica ihagarariye umuryango w'ibihugu bya Caraibe.
Perezida wa repubulika Paul Kagame akaba n'umuyobozi wa afurika yunze ubumwe kandi yitabiriye inama yo ku rwego rwo hejuru yahuje perezida wa afurika yepfo Cyril Ramaphosa ndetse na perezida wa Senegal Macky Sall unayoboye inama y'abakuru b'ibihugu batanga imirongo migari ngenderwaho ya NEPAD.
Zimwe muri gahunda nyamukuru zishishikaje umugabane muri iyi nama ya G20 ni imikoranire y'umugabane wa Afurika n'ibihugu bigize G20 ndeste nuruhare rwa G20 mu gushyigikira gahunda 2063 y'umuryango wa afurika yunze ubumwe igamije kwihutish aiterambere ry'umugabane ndetse no kwagura ubukungu bwawo mu ruhando mpuzamahanga.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru