Yanditswe Feb, 16 2018 21:34 PM | 8,490 Views
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari mu gihugu cy'ubudage aho yitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku mutekano irimo kubera mu Mujyi wa Munich ku nshuro yayo ya 54. Iyi nama yatangiye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 16 Gashyantare 2018 izageza ku ya 18 Gashyantare 2018.
Ni inama Perezida wa Repubulika Paul Kagame
arimo kimwe n'abandi bayobozi baturutse mu bihugu bitandukanye ku isi aho
barimo kuganira ku bibazo by'umutekano mucye, ibiganiro birimo kubera I Munich
mu Budage.
Ku munsi wa mbere w'iyi nama ibibazo by'umutekano muke mu bihugu bya Syria na Ukraine nibyo byagarutsweho na bitabiriye iyi nama hashakwa icyakorwa kugirango umutekano ugaruke muri ibyo bihugu.
Perezida wa Repubulika Paul kagame nk'umukuru w’Igihugu unafite inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe muri uyu mwaka, biteganyijwe ko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatandatu azatanga ikiganiro ku bari muri iyi nama, ikiganiro cyizagaruka ku buryo bwo kugarura umutekano mu kace ka Sahel ku mugabane w’Afrika.
Naho ku Cyumweru we n’abandi bakuru b’ibihugu bakazaganira ku bijyanye no kubungabunga umutekano w’ikiremwamuntu.
Munich Security Conference ni imwe mu nama
zikomeye ku Isi zifite intego yo kuganira ku bibazo bya Politiki n’iby’umutekano,
ububanyi n’amahanga, uburyo hashyirwa imbaraga mu burenganzira bw’ikiremwamuntu
no kurwanya iterabwoba.
Ku rundi ruhande kandi muri iyi nama Perezida wa Repubulika Paul Kagame yahuye na mugenzi we wa Burkina Faso Roch Marc Kaboré.
Aho I Munich kandi Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'ubutwererane w'u Rwanda Louise Mushikiwabo yatanze ikiganiro mu i huriro ry'abagore bari muri politiki ku isi (Women political leaders world Forum) aha Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko abagore b'abanyapolitiki bafatanya n'abagabo kubaka ibihugu byabo.
Mu Rwanda minisitiri Mushikiwabo yavuze ko abagore bagira uruhare mu gushyiraho amategeko, bakaba bagira uruhare mu bikorwa byo gucunga umutekano, ndetse kuri ubu bafute uruhare rukomeye mu guhanga udushya no kugera ku iterambere.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru