AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Perezida Kagame yakiriye indahiro z'abayobozi bashya muri guverinoma

Yanditswe Sep, 11 2017 17:53 PM | 4,092 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye indahiro z'abayobozi bashya baherutse gushyirwa mu myanya barimo batatu binjiye muri guverinoma batarahiriye rimwe n'abandi mu mpera z'ukwezi gushize. Yasabye aba bayobozi kurushaho kurangwa n'ubufatanye no guharanira icyateza imbere Abanyarwanda n'igihugu muri rusange.

Abarahiriye inshingano nshya ni Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi, Amb. Claver Gatete, Minisitiri w'Ikoranabuhanga n'Itumanaho, Jean Philibert Nsengimana, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga ubutwererane n'Umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba, Amb. Olivier Nduhungirehe. Harahiye kandi Anastase Murekezi uherutse kugirwa Umuvunyi mukuru ndetse n'abadepite babiri Murara Jean Damascene n'Uwamariya Rutijanwa Marie Pélagie.

                                                           Amb. Claver Gatete, MINECOFIN

                                                       Jean Philibert Nsengimana, MINICT

                                                           Amb. Olivier Nduhungirehe, PS MINAFFET (EAC)

                                                Anastase Murekezi, UMUVUNYI MUKURU (OMBUDSMAN)

                          Uwamariya Rutijanwa Marie Pélagiena Murara Jean Damascene

Perezida Paul Kagame yabijeje ubufatanye n'izindi nzego bagiye gukorana nazo, anabasaba kuzarangwa n'umuhate mu kazi kabo mu rwego rwo kurushaho guteza imbere igihugu. Yagize ati, ''Mwebwe n'abandi muje musanga bamaze iminsi ku kazi abanyarwanda babafitiye ikizere kandi babatezeho byinshi ubwo rero namwe muzabagirire icyo kizere mukora ibiteza abanyarwanda bose imbere.''

Minisitiri Jean Philibert Nsengimana, yavuze ko agiye kurushaho guteza imbere kubyaza umusaruro ukwiye ikoranabuhanga, mu gihe Amb. Nduhungirehe we yagarutse ku mubano mwiza hagati y'u Rwanda n'amahanga.

Umuvunyi Mukuru, Anastase Murekezi we yagaragaje ko mu byo agiye kurushaho gukora mu nshingano yinjiyemo harimo gushyira imbaraga mu kurwanya ruswa no guhana abo yagaragayeho kuko ngo ariyo imunga ubukungu bw'igihugu. Yagize ati, ''Turashaka gufatanya n'abanyarwanda bose kugira ngo dushyire imbere umuco wo gukumira ibyaha byaba ibyo kurenganya yaba ibyaha bya ruswa. Abanyarwanda tugacengerwa n'indangagaciro na kirazira, ubupfura, ubunyangamugayo bityo buri munyarwanda akumva ko kizira kurenganya undi kandi ko kizira kurya ruswa kuko byanduza ishusho y'uwayiriye bigatandukira n'ishusho nziza u Rwanda rufite.''

Depite Murara Jean Damascene na Uwamariya Rutijanwa Marie Peraje nabo bashyikirije indahiro Perezida Paaul Kagame,  binjiye mu nteko ishingamategeko y'u Rwanda basimbuye Bamporiki Edouard na Gatabazi Jean Marie Vianney bahawe izindi nshingano.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage