Yanditswe Apr, 30 2017 00:22 AM | 3,192 Views
Mu gusoza uruzinduko rwe mu Rwanda, ministre w'intebe wa Ethiopia
Hailemariam Desalegn ari hamwe na Perezida wa republika Paul Kagame bitabiriye
umuganda wo kubaka isomero/Library ndetse n'uburiro (dinning Room) ku rwunge
rw'amashuri rwa Kacyiru mu karere ka Gasabo.
Muri uyu muganda, ku ruhande rumwe Prezida wa republika Paul Kagame yari
kumwe na Ministre w'intebe wa Ethiopia Hailemariam Dasalegn mu gikorwa cyo kubaka isomero rizaba riri ku
rwego rukomeye kuko rizaba rifite ikoranabuhanga rya internet, mu gihe inzu
y'uburiro naho ku rundi ruhande madamu wa perezida wa republika y'u Rwanda
Jeannette Kagame yari kumwe na madamu wa Ministre w'intebe wa Ethiopia Roman
Tesfaye bubaka urukuta rubuza ubusitani bw'urwunge rw'amashuri rwa Kacyiru ya 2
kwangirika. Ministre w'uburezi Dr Musafiri Papias Malimba avuga ko iki gikorwa
kigiye gukemura ibibazo by'isomero n'ibyo kugaburira abana ku ishuri.
Abanyeshuri biga mu rwunge rw'amashuri rwa kacyiru ya 2 bemeza ko ibyo
bakenera mu masomo yabo bagiye kujya babibona ku buryo bworoshye kubera
ikoranabuhanga rizaba riri muri iri somero.
Nanone kandi abaturage bitabiriye
uyu muganda bemeza ko ubusanzwe igihugu gitera imbere ari uko gishyigikiye
uburezi arinaho bahera bavuga ko bazagira uruhare mu bikorwaremezo nk'ibi no
kubibungabunga.
Ibikorwa byo kubaka isomero bizatwara amafaranga y'u Rwanda y’u Rwanda miliyoni 65 ikazaba yarangiye kubakwa mu mezi 6, rije risanga iryo iki kigo gisanganywe ariko rito ugereranyije n'abanyeshuri bakabakaba ibihumbi 2 biga muri iki kigo, naho kubaka uburiro bw'abanyeshuri bikazatwara amafaranga y'u Rwanda miliyoni 45 izaba yamaze kuzura mu mezi 3.
Umukuru w'igihugu na Ministre w'intebe wa Ethiopia banifatanyije n'abaturage mu gucinya akadiho no kwishimira intambwe u Rwanda rugenda rutera mu iterambere.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru