AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Perezida Kagame muri Ethiopia gukurikirana amavugururwa y'umuryango wa AU

Yanditswe Jul, 03 2017 19:47 PM | 4,167 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko hafi kimwe cya gatanu cy'ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe byatangiye gushyira mu bikorwa gahunda yo gutanga 0.2% by’imisoro y’ibyinjizwa mu bihugu mu isanduku y'uyu muryango.

Mu ijambo Umukuru w'Igihugu Paul Kagame yavugiye i Addis Abeba mu nama igamije kurebera hamwe aho amavugurura yemejwe gukorwa muri komisiyo y’umuryango w’afrika yunze ubumwe yabanje gushima Perezida Alpha Conde wa Guinea Conakri ndetse na Perezida Idris Deby Itno wa chad ubushake bagaragaje mu bugenzuzi bw'aya mavugurura.

Umukuru w'Igihugu yanashimiye umuyobozi mukuru w’iyi komisiyo  Moussa Faki Mahamat  n’abakozi ayoboye b’uyu muryango ku bikorwa by’indashyikirwa bamaze kugezaho uyu muryango

Yavuze ko ibyemezo ku bijyanye no kubona imari biragaragaza ubushake bw'ibihugu binyamuryango mu gutanga umusanzu. Aha yagaragaje ko hafi ibihugu 10 byatangiye gushyira mu bikorwa ibyemeranyijweho.

Perezida Kagame yavuze ko kuba hafi kimwe cya gatanu cy’ibihugu bigize umuryango wa Afurika yunze Ubumwe byaratangiye gushyira mu bikorwa gahunda yo gutanga 0.2% by’imisoro y’ibyinjizwa mu bihugu, bigaragaza ko ari gahunda ishoboka ndetse ko aribyo kwishimira.

Perezida Kagame yibukije ko Inshingano zo gutanga umusanzu zikwiye gusaranganywa ku buryo bungana kandi yizeza ko bazakomeza gutega amatwi buri wese no gushaka ibisubizo ku bibazo.

Yasabye ko ibyabaye mu bihe byatambutse byo kuganira ku ngingo runaka ntizishyirwe mu bikorwa bitazasubira ahubwo ko aya mavugururwa yagakwiye gufatwa nk'amahirwe ya nyuma y'Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe mu gukemura ikibazo cy'amikoro, no guhindura imibereho y'abatuye umugabane wa Afurika.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage