AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Perezida Kagame ategerejwe i Davos ahagiye kubera WEF ku nshuro ya 27

Yanditswe Jan, 17 2017 11:21 AM | 1,629 Views



Perezida wa republika Paul Kagame ategerejwe i Davos mu Busuwisi ahatangiye inama ngarukamwaka y'ihuriro ry'ubukungu ku isi izwi nka World Economic Forum. Ni inama ibaye ku nshuro ya 27, ikaba ifite insanganyamatsiko igira iti “Imiyoborere isubiza ibibazo kandi ikita ku nshingano, “Responsive and Responsible Leadership”.

Perezida wa republika Paul Kagame ari mu batumiwe muri iyi nama ngo atangemo ikiganiro ku ikoranabuhanga rigera kuri bose. Iyi nama ubusanzwe kandi isuzumirwamo uko ishoramari n’ubucuruzi byatezwa imbere mu nyungu z’abatuye isi bose, yahuje abantu barenga ibihumbi 3, barimo abanyapolitike, abacuruzi n’izindi mpuguke zituruka ku migabane itandukanye ku isi, bakagena umurongo ngenderwaho mu iterambere ry’isi. Mu ngingo nyamukuru iyi nama y’I Davos yiga hari umutekano no kurwanya iterabwoba, guteza imbere amasoko y’imari n’ubucuruzi, n’ibindi.

Iyi nama ya world economic forum iratangizwa ku mugaragaro na prezida w’ubushinwa Xi Jinping uyitabiriye ku nshuro ya mbere afatanyije na perezida w’Ubusuwisi Doris Leuthard.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage