AGEZWEHO

  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...
  • Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023 – Soma inkuru...

Abarimu bagera ku 70000 mu gihugu batangiye itorero ry'indemyabigwi

Yanditswe Jan, 05 2017 17:36 PM | 4,031 Views



Abarimu babarirwa mu bihumbi 70 mu gihugu hose bagiye kujya mu itorero ry'abarezi.

Bamwe mu bavuganye na RTV bavuga ko biteze gukarishya ubwenge ku nyigisho zijyanye n'indangagaciro nyarwanda, bakemeza ko bazarushaho gusobanukirwa n'uburyo bakwigisha amateka y'u Rwanda, bikazabafasha no guhangana na bamwe bagifite ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse bakayikwirakwiza no mu rubyiruko rw'abanyeshuri.

Aba barimu bavuga ko biteguye no kuganiriza ibibazo byabo abayobozi bazabasura, bakabaza icyo bateganyirizwa ku kunoza imibereho myiza yabo, ikibazo cy'abigisha umubare munini w'abanyeshuri mu ishuli rimwe, ndetse bamwe bavuga ko bazasaba ko bakomeza guhugurwa ku birebana n'integanyanyigisho kugira ngo bakomeze gutanga ubumenyi bufite ireme.

Iri torero rifite insanganyamatsiko igira iti ''uruhare rw'umurezi mu kubaka u Rwanda twifuza".




Charles Kalinganire

Iri Torero riziye igihe! Ndizera ko hazaganirwamo ibirebana n'imyigishirize y'indimi n'umuco. Byazaba akarusho kandi abarimu bunguranye ibitekerezo ku birebana n'imikoranire yabo n'ababyeyi mu rwego rwo guhamya 'Uburere buboneye' (Positive Parenting) bityo abana bagategurirwa koko kuzubaka u Rwanda twifuza, u Rwanda rurangwa n'amahoro n'amajyambere arambye. Jan 05, 2017


Karima

uburezi burarwaye abazajya mu itorero barebe uko baminjirwamo agafu bongere imbaraga mu kwigisha Jan 07, 2017


Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage