Yanditswe Mar, 04 2020 17:46 PM | 7,698 Views
Umuryango uharanira uburenganzira bw'umwana ‘Save the Children’ wakoze ubushakashatsi bugaragaza ko ababyeyi b’abagabo badaha umwanya uhagije uburere bw’abana babo nyamara biri mu bituma ubwenge bwabo bukanguka.
Ubushakashatsi bugaragaza ko ibikinisho binyuranye, ibitabo, indirimbo no kuganira n'ababyeyi, bifasha umwana gukura neza kuva akiri muto, kumenya ubwenge no kubana neza n'abandi. Gusa n'ubwo ababyeyi bagira umwanya baharira abana, usanga batazi uruhare bigira mu gukangura ubwonko bwabo, cyane cyane ku birebana no kuba baha igitabo umwana utaratangira ishuri.
Umuryango uharanira uburenganzira bw'umwana Save The Children ugaragaza ko umubyeyi ari we w'ibanze mu gukangura ubwenge bw'umwana. Basanze kandi abana bavuka ku babyeyi batazi gusoma no kwandika ubwenge bwabo buba buri inyuma ugereranyije n'abafite ababyeyi bageze mu ishuri.
Umuyobozi ushinzwe ushakashatsi muri Save the Children Abimpaye Monique, avuga ko ari ho hakwiye gushyirwa imbaraga.
Ati “Cyane cyane kuri abo batabashije kujya mu ishuri, usanga iyo turangije umushinga baba barangije kumva uburyo bagomba gufasha abana babo, niba ari no kubasomera ibitabo n'ubwo batabasha gusoma a,b,c, ariko bakaba babasha no gusoma bagendeye ku bishushanyo ku buryo bashobora kubwira umwana inkuru. Rero no mu byo dukangurira ababyeyi harimo gusomera abana inkuru, ibitabo, kubaririmbira no gukina na bo. “
Uyu muryango unagaragaza ko usanga uruhare rw'ababyeyi b'abagabo mu kurera abana rukiri hasi.
Umuyobozi muri gahunda y'igihugu mbonezamikurire y'abana, Zaninka Declerq avuga ko bagiye kubategurira ubukangurambaga.
Ati “NKa NECDP, dufatanya n'abafatanyabikorwa banyuranye harimo UNICEF kugira ngo twongere ubutumwa dutanga mu baturage. Mu minsi ya vuba muzabona ubukangurambaga tugiye gutangiza, kugira ngo tuganire n'ababyeyi b'abagabo n'umuryango mugari, kugira ngo turebe uburyo barushaho gusabana n'abana.”
Ubu bushakashatsi bwa Save the Children bwakorewe mu turere 3 ari two Gasabo, Ruhango na Kirehe, mu kwezi kwa cyenda 2019 bumara ibyumweru 17. Hasuwe utugari 33 muri buri karere n’imiryango 12 muri buri mudugudu. Bimwe mu byavuyemo ni uko 94% by'abana babona ibikinisho binyuranye, mu gihe 6% gusa aribo babona ibitabo. Ikindi ni uko ababyeyi b'abagore ari bo bamarana umwanya munini n'abana ku rugero rwa 61% mu gihe abagabo ari 20% na ho 16% bakawumarana n'abandi barezi.
Jeannette UWABABYEYI
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru