AGEZWEHO

  • Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023 – Soma inkuru...
  • Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gupfobya Jenoside – Soma inkuru...

U Bufaransa bwemereye umushakashatsi kubona inyandiko zireba u Rwanda za Perezida Mitterrand

Yanditswe Jun, 13 2020 09:16 AM | 16,101 Views



Urwego rushinzwe kugira inama Guverinoma y’u Bufaransa no gukurikirana ibibazo birebana n’ibyemezo by’ubutegetsi “Conseil d’Etat” rwemereye umushakashatsi François Graner kugera ku nyandiko zibitse amateka y’u Rwanda ku butegetsi bwa François Mitterrand.

Inyandiko uyu mushakashatsi uri mu muryango Surivie w’abahirimbanira impunduka za Politiki y’ Bufaransa kuri Afurika yaherewe uburenganzira gukoresha mu  bushakashatsi,ni izigaragaza uruhare rw’icyo gihugu muri Jenoside yakorewe Abatutsi cyane cyane hagati y’umwaka wa 1990 na 1995.

Hari abatekereza ko gucukumbura  izi nyandiko za Perezida Mitterand bishobora kuzahishura byinshi birebana n’amakuru u Bufaransa bwari bufite muri kiriya gihe, ku ngingo zirebana n’itegurwa rya Opération Turquoise, ibikorwa by’Abafaransa mu Rwanda n’uburyo batereranye Abatutsi mu Bisesero.

Kuba uriya mushakashatsi yemerewe kugera ku nyandiko zari zimaze imyaka zaragizwe ndakorwaho,hari ababibona  nk’amarembo afunguye ku bandi bashakashatsi bakifuza gucukumbura amakuru azikubiyemo.

Muri Gicurasi 2018, Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yatangaje ko igihugu cye kiteguye guha rugari abashakashatsi bagasesengura uruhare rw’iki gihugu mu mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.Nyuma gato y’umwaka umwe iryo tsinda ry’abashakashatsi ryashyizweho.

U Bufaransa ni kimwe mu bihugu bicumbikiye benshi mu bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Muri iki gihugu ni na ho  haherutse gufatirwa Kabuga Felicien,umugabo wari umaze imyaka n’imyaka ashakishwa kubera uruhare akekwaho muri iyi Jenoside yakorewe Abatutsi.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage