AGEZWEHO

  • Abanya-Kigali bishimiye kongera gukomorerwa kubaka – Soma inkuru...
  • Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga mu by'Ubukungu ibera muri Arabie Saoudite – Soma inkuru...

Perezida wa Pologne yageze i Kigali (Amafoto)

Yanditswe Feb, 06 2024 16:19 PM | 169,069 Views



Perezida wa Pologne, Andrzej Sebastian Duda yageze mu Rwanda, kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 6 Gashyantare 2024, aho agiye kugirira uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu.

Perezida Andrzej Sebastian Duda, uri kumwe na Madamu we Agata Kornhauser–Duda, bageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali kiri i Kanombe bakirwa n’abayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta.

Aba bombi ndetse n’itsinda ry’abayobozi bari kumwe bageze mu Rwanda bavuye muri Kenya aho bakiriwe na Perezida w'iki gihugu, William Ruto na Madamu we, Rachel Ruto.

Biteganyijwe ko mu ruzinduko rwe, Perezida Andrzej Duda azagirana ibiganiro byihariye na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame ndetse hakazanasinywa amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

Ku wa 7 Gashyantare 2-24, Perezida Andrzej Duda azasura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruri ku Gisozi. Azanitabira inama y’Ubucuruzi n’Ishoramari hagati y’u Rwanda na Pologne [Polish-Rwanda Business Forum] mbere y’uko yakirwa ku meza na Perezida Paul Kagame.

Tariki ya 8 Gashyantare 2024, Perezida Andrzej Sebastian Duda azagera ku Butaka Butagatifu bwa Kibeho, aho azasura ingoro ya ‘Bikira Mariya Nyina wa Jambo’, nyuma akazasura Ikigo cy’Abana bafite ubumuga bwo kutabona mu Karere ka Nyaruguru.

U Rwanda na Pologne bifitanye umubano umaze gushinga imizi mu ngeri zitandukanye kuva mu 1960.

Ibihugu byombi bifitanye amasezerano y’imikoranire n’ubufatanye bwa Kaminuza n’amashuri makuru ku mpande zombi. Muri Pologne habarizwa abanyeshuri b’Abanyarwanda bagera ku 1500.

Mu 2022, ni bwo u Rwanda rwahise rufungura Ambasade yarwo muri Pologne maze Prof Shyaka Anastase agirwa Ambasaderi warwo muri icyo gihugu.

Mu mwaka ushize wa 2023, u Rwanda na Pologne byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bya diplomasi, ay’ubufatanye mu bya gisirikare, kunoza ibikorwa byo gusoresha mu Rwanda no guteza imbere ikoranabuhanga mu by’imisoro.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage