AGEZWEHO

  • USA: Kaminuza ya Leta ya California yibutse ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...
  • Gicumbi: Imiryango yasenyewe n’ibiza mu 2023 yatujwe mu Mudugudu wa Kaniga – Soma inkuru...

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yahamagariye ibihugu byo muri G77 gufataya mu gukemura ibibazo byugarije Isi

Yanditswe Jan, 21 2024 16:50 PM | 5,900 Views



Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yagaragaje ko itsinda rya G77 rihuza ibihugu biri mu nzira y’amajyambere rimaze gutanga umusaruro n’ubwo urugendo ruri imbere arirwo rurerure kandi rusaba ubufatanye mu gukomeza kugera ku iterambere rya bose nta we usigaye inyuma.

Ni ubutumwa yatanze kuri iki Cyumweru tariki 21 Mutarama 2024, mu nama ya gatatu y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bihuriye mu itsinda rya G77, rigizwe n’ibihugu biri mu nzira y’amajyambere n’u Bushinwa, yabereye i Kampala muri Uganda.

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard yatangaje ko mu myaka yashize, itsinda rya G77 ryagize uruhare mu mpinduka zigenda zigaragara mu bukungu bw’Isi.

Ku rundi ruhande ariko, yavuze ko ibigo mpuzamahanga by’imari bikwiye kunoza imitangire y’inkunga zikajyanishwa n’ibikenewe, cyane cyane imishinga y’iterambere, ubucuruzi n’inganda kuko bikeneye gushorwamo imari ifatika.

Ati “Ubufatanye n’imikoranire ni byo zingiro ry’ibyo dukora tugamije kugera ku iterambere ry’Isi.”

Yakomeje agira ati “Dukwiye guhora tuzirikana akamaro kabyo mu gukemura ibibazo by’ingutu byugarije Isi. Gukomeza guhuza imbaraga, byafasha guhangana n’ibibazo duhuriyeho tukagera ku iterambere rirambye.”

Minisitiri Dr Ngirente yavuze ko ibihugu bifite ibibazo byihariye bikwiye guhabwa umwihariko, hibandwa ku bihugu bikennye, ibidakora ku nyanja bikiri mu nzira y’amajyambere, ndetse na leta zigizwe n’ibirwa bito zikiri mu nzira y’amajyambere bigahabwa ubufasha buzatuma na byo bidasigara inyuma mu iterambere rirambye.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Gen Mubarakh Muganga yagiriye uruzinduko muri Jordanie (Amafoto)