Yanditswe Mar, 30 2024 21:19 PM | 105,836 Views
Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko kongera umubare w’abakozi bo mu rwego rw’ubuzima, bizafasha kurushaho kwita ku buzima bw’abaturage kuko hazaba hari abaganga bita ku bibazo bikunze kuba intandaro y’impfu haba ku bana ndetse n’abantu bakuru.
Ikigo nderabuzima cya Nyarurenzi kiri mu Murenge wa Mageragere w’Akarere ka Kicukiro, kireberera abaturage barenga ibihumbi 22 barimo ababyeyi bakigana bakeneye servisi zirebana no kubyara.
Umuyobozi wacyo, Niyongere Janvier avuga ko nyuma yuko gishyizwe mu bigo nderabuzima bitanga serivisi zisumbuye ku rwego rwa Dogiteri, mu minsi iri imbere bazatangira ibikorwa byo kubaga ababyeyi bakenera kubyara babazwe.
Minisiteri y'Ubuzima imaze amezi 8 itangiye gahunda yo gukuba 4 umubare w'abakora mu rwego rw'ubuzima.
Biteganyijwe ko mu myaka 4 iri imbere, hazaboneka abakora muri uru rwego barenga ibihumbi 48 biyongera ku basanzwe.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuzima, Dr. Yvan Butera avuga ko ibikorwa byose biba bigamije gufasha abaturage kugira ubuzima bwiza, no guha umwihariko ubuvuzi bw’abana bato.
Umuyobozi w'ishami ry'ubuvuzi n'ubuzima muri Kaminuza y'u Rwanda, Prof. Abraham Haileamlak Mitike avuga ko mu ishyirwa mu bikorwa ry'iyi gahunda yo kongera abaganga, ibikorwaremezo nabyo bigomba kwitabwaho.
Minisiteri y'Ubuzima ivuga ko muri uyu mwaka wa 2024 abarimo kwiga ibijyanye n’ubuvuzi ari 4849, hazatangira na gahunda nshya 16 zo kwigisha abaganga b’inzobere ibijyanye no kubaga ibere, kwita ku bana barembye, gutera abana ikinya, kwita ku bantu bakuru barembye, kubaga umutima n’ibindi.
Carine Umutoni
Nyamasheke: Mu minsi ibiri abarwayi 1000 bamaze kuvurirwa ku bitaro bya Kibogora n'Ingabo z ...
May 01, 2024
Soma inkuru
Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente yasobanuye ko Isi yakoresha ikoranabuhanga mu kugabanya ubusumb ...
May 01, 2024
Soma inkuru
Umunyafrika uturutse mu Bwongereza yahisemo koherezwa mu Rwanda
May 01, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yemeje ishyirwaho ry’Icyiciro cya Serivisi zishinzwe Ubuzima mu Ngabo z’ ...
May 01, 2024
Soma inkuru
RBC igaragaza ko abantu 1200 barwara Kanseri buri mwaka mu Rwanda
Apr 30, 2024
Soma inkuru
Rusizi: Abakorera mu gakiriro baravuga ko babangamiwe no kutagiramo ibikorwaremezo
Apr 30, 2024
Soma inkuru
Imyinshi izafungwa- Umushinga w'itegeko rishya rigenga imiryango itari iya Leta uteye impungeng ...
Apr 29, 2024
Soma inkuru
Ishyaka PDI ryiyemeje kuzashyigikira Paul Kagame mu matora y’Umukuru w’Igihugu
Apr 28, 2024
Soma inkuru