AGEZWEHO

  • Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gupfobya Jenoside – Soma inkuru...
  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...

Hari abaturage basabye ko imikorere itanoze ya serivisi z'ubutaka yahagurukirwa

Yanditswe Dec, 06 2021 17:53 PM | 52,553 Views



Hari bamwe mu baturage bavuga ko bakomeje kugorwa n'inzego zishinzwe imitangire ya serivisi z'ubutaka, bagasaba leta gukurikirana ikibazo cy'imitangire mibi muri uru rwego ituma basiragira bikanabaviramo kwakwa ruswa.

Bamwe mu baganiriye na RBA, bavuze ko hashize imyaka myinshi biruka ku cyangombwa cy'ubutaka ariko bakaba batakibona.

Yagize ati "Hashize imyaka igera muri itatu niruka ku cyangombwa, natse icyangombwa mu Mudugudu cyemeza ko ubutaka ari ubwange, ku kagari baransinyira ariko ngeze ku Murenge bakajya bansiragiza ngo uzaze ejo, uzongere ugaruke ejo, umuyobozi w'ubutaka ntawuhari, ugomba kugusinyira ntawuhari, bakambwira ngo ni ngombwa kuzana ibindi byangombwa nabyo nkabizana buri munsi ariko ntibambwire imbogamizi ituma batampa icyangombwa."

Kuri uyu wa mbere, urwego rw'umuvunyi n'abafatanyabikorwa barwo bagiranye ibiganiro n'abashinzwe serivisi z'ubutaka mu turere n'abanditsi b'impapuro mpamo z'ubutaka mu Ntara, ku ngamba zo kurwanya ruswa mu myubakire. 

Uru rwego rwasabye abashinzwe gutanga serivisi z'ubutaka n'imyubakire gufatanya n'abaturarwanda bose kurwanya ruswa batanga serivisi zinoze, kandi ku gihe kuko bikumira ibyuho bya ruswa mu myubakire.

Gusa umuyobozi w'umuryango urwanya ruswa n'akarengane ishami ry'u Rwanda, Ingabire Immaculee we asanga hari n'ubwo iyi ruswa itizwa umurindi n'abayitanga.

Ati "Ahamenyekanye amakuru y'iyo mikorere bakwiye kubikurikirana, akenshi ntabwo bikurikiranwa kandi amakuru nayo amenyekana bigoye kuko rimwe na rimwe hari ubwo n'uwo muturage aba ariwe watanze ruswa abishaka ngo bamuhe serivisi atari yemerewe n'amategeko."

Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney avuga ko abaturage nabo bakwiye gusobanukirwa ko ibihano bigera ku watse ruswa ndetse n'uwayitanze.

Yagize ati "Umuturage agomba kumva ko afite uburenganzira bwo kubona serivisi atayitanzeho ikiguzi kitateganyijwe n'amategeko, ariko kandi akwiye kumva ko afite inshingano y'uko iyo atanze ruswa aba aguze uburenganzira bwari ubwe ariko akumva ko afite inshingano kandi kubihanirwa."

Urwego rw'umuvunyi ruvuga ko mu bushakashatsi bwakozwe n'urwego rw'igihugu rw'imiyoborere RGB, abaturage bazi serivisi z'ubutaka n'imiturire bazishima ku kigero cya 65.7% naho abazinenga bakaba ari 33.3%. 

Iyi raporo igaragaza kandi ko serivisi zo gutanga ibyangombwa by'ubutaka zishimwa n'abaturage ku kigero cya 62.9%, naho abazinenga ni 37.1%.

Uwitonze Providence Chadia 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage