Yanditswe Jan, 11 2022 17:59 PM | 16,917 Views
Hari bamwe mu baturage bavuga ko ibyakozwe na leta y’u Rwanda mu
gushishikariza kwiga byibura bakamenya gusoma no kwandika, byatanze umusaruro kuko ubu kubona utazi gusoma no kwandika bigoye.
Mukangabe Speciose umubyeyi utuye mu Murenge wa Nduba mu Mujyi wa Kigali avuga ko atigeze agira amahirwe yo kwiga ngo amenye gusoma no kwandika, ariko nyuma yo kwiga byamugiriye umumaro.
Nubwo atize abyuka saa kumi n’imwe za mu gitondo ajyanye umwuzukuru we ufite ubumuga ku ishuri, ibi abikora kuko yifuza ko umwuzukuru we azagirire igihugu akamaro.
Nyaminani Claude w’imyaka 47 utuye i Rulindo na we ntazi gusoma no kwandika, asaba abameze nkawe guharanira kubimenya ariko by’umwihariko bakajyana abana ku ishuri kuko ubu byoroshye.
Haba abatazi gusoma no kwandika n’abandi babizi, bahuriza ku gushima ibyo leta yakoze kugira ngo umubare w’abatazi gusoma no kwandika ugabanuke kandi koko ibi bigenda bigerwaho.
Dr Jean Francois Munyakayanza, impuguke mu burezi avuga ko kugira umubare munini w’abantu bize ku kigero runaka, bifasha mu iterambere ry’igihugu muri rusange no mu mibereho myiza y’abaturage by’umwihariko.
Iyi minisiteri kandi isaba abakuze kwitabira aya masomero, ndetse no kohereza abana ku ishuri ku gihe kugirango hirindwe ko bageza imyaka y’ubukure batarabona uburezi bw'ibanze.
Ubushakashatsi ku buzima n’imibereho y’abaturage DHS bugaragaza ko umubare w’abagore bari hagati y’imyaka 15 na 49 batazi gusoma no kwandika wagabanutse ukava kuri 12% mu mwaka wa 2015, ukagera ku 9% mu mwaka wa 2021, naho umubare w’abagabo wavuye ku 9% ugera kuri 7%.
Ubu bushakashatsi kandi bwerekana ko abagore barangije amashuri yisumbuye na Kaminuza biganje mu bice by’imijyi aho bari ku ijanisha rya 29% mu Mujyi wa Kigali, Intara y’Amajyepfo ikaba ariyo ifite ijanisha rito rya 8%, Amajyaruguru n’Uburengerazuba bagiye bafite 9%.
Fiston Felix Habineza
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru