AGEZWEHO

  • Nyakinama: Hagiye gutangwa Impamyabumenye ku bofisiye bakuru 48 baharangije – Soma inkuru...
  • General James Kabarebe yasuye Ingabo z'u Rwanda ziri muri Centrafrique – Soma inkuru...

Abakuze bigishijwe gusoma no kwandika bashimye leta kuko byabagiriye akamaro gakomeye

Yanditswe Jan, 11 2022 17:59 PM | 16,610 Views



Hari bamwe mu baturage bavuga ko ibyakozwe na leta y’u Rwanda mu gushishikariza kwiga byibura bakamenya gusoma no kwandika, byatanze umusaruro kuko ubu kubona utazi gusoma no kwandika bigoye.

Mukangabe Speciose umubyeyi utuye mu Murenge wa Nduba mu Mujyi wa Kigali avuga ko atigeze agira amahirwe yo kwiga ngo amenye gusoma no kwandika, ariko nyuma yo kwiga byamugiriye umumaro.

Nubwo atize abyuka saa kumi n’imwe za mu gitondo ajyanye umwuzukuru we ufite ubumuga ku ishuri, ibi abikora kuko yifuza ko umwuzukuru we azagirire igihugu akamaro.

Nyaminani Claude w’imyaka 47 utuye i Rulindo na we ntazi gusoma no kwandika, asaba abameze nkawe guharanira kubimenya ariko by’umwihariko bakajyana abana ku ishuri kuko ubu byoroshye.

Haba abatazi gusoma no kwandika n’abandi babizi, bahuriza ku gushima ibyo leta yakoze kugira ngo umubare w’abatazi gusoma no kwandika ugabanuke kandi koko ibi bigenda bigerwaho.

Dr Jean Francois Munyakayanza, impuguke mu burezi avuga ko kugira umubare munini w’abantu bize ku kigero runaka, bifasha mu iterambere ry’igihugu muri rusange no mu mibereho myiza y’abaturage by’umwihariko.

Iyi minisiteri kandi isaba abakuze kwitabira aya masomero, ndetse no kohereza abana ku ishuri ku gihe kugirango hirindwe ko bageza imyaka y’ubukure batarabona uburezi bw'ibanze.

Ubushakashatsi ku buzima n’imibereho y’abaturage DHS bugaragaza ko umubare w’abagore bari hagati y’imyaka 15 na 49 batazi gusoma no kwandika wagabanutse ukava kuri 12% mu mwaka wa 2015, ukagera ku  9% mu mwaka wa 2021, naho umubare w’abagabo wavuye ku 9% ugera kuri  7%.

Ubu bushakashatsi kandi bwerekana ko abagore barangije amashuri yisumbuye na Kaminuza biganje mu bice by’imijyi aho bari ku ijanisha rya 29% mu Mujyi wa Kigali, Intara y’Amajyepfo ikaba ariyo ifite ijanisha rito rya 8%, Amajyaruguru n’Uburengerazuba bagiye bafite 9%.


Fiston Felix Habineza




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Kubura abashoramari banini byadindije umushinga wa Gira Iwawe - BRD

Rusizi: Kuba drone zitahagera bidindiza serivisi z'ubuzima n'ubworozi

Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto

Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo

Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove

Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo

Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana

Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw&rsqu