Yanditswe Jan, 11 2022 17:59 PM | 16,610 Views
Hari bamwe mu baturage bavuga ko ibyakozwe na leta y’u Rwanda mu
gushishikariza kwiga byibura bakamenya gusoma no kwandika, byatanze umusaruro kuko ubu kubona utazi gusoma no kwandika bigoye.
Mukangabe Speciose umubyeyi utuye mu Murenge wa Nduba mu Mujyi wa Kigali avuga ko atigeze agira amahirwe yo kwiga ngo amenye gusoma no kwandika, ariko nyuma yo kwiga byamugiriye umumaro.
Nubwo atize abyuka saa kumi n’imwe za mu gitondo ajyanye umwuzukuru we ufite ubumuga ku ishuri, ibi abikora kuko yifuza ko umwuzukuru we azagirire igihugu akamaro.
Nyaminani Claude w’imyaka 47 utuye i Rulindo na we ntazi gusoma no kwandika, asaba abameze nkawe guharanira kubimenya ariko by’umwihariko bakajyana abana ku ishuri kuko ubu byoroshye.
Haba abatazi gusoma no kwandika n’abandi babizi, bahuriza ku gushima ibyo leta yakoze kugira ngo umubare w’abatazi gusoma no kwandika ugabanuke kandi koko ibi bigenda bigerwaho.
Dr Jean Francois Munyakayanza, impuguke mu burezi avuga ko kugira umubare munini w’abantu bize ku kigero runaka, bifasha mu iterambere ry’igihugu muri rusange no mu mibereho myiza y’abaturage by’umwihariko.
Iyi minisiteri kandi isaba abakuze kwitabira aya masomero, ndetse no kohereza abana ku ishuri ku gihe kugirango hirindwe ko bageza imyaka y’ubukure batarabona uburezi bw'ibanze.
Ubushakashatsi ku buzima n’imibereho y’abaturage DHS bugaragaza ko umubare w’abagore bari hagati y’imyaka 15 na 49 batazi gusoma no kwandika wagabanutse ukava kuri 12% mu mwaka wa 2015, ukagera ku 9% mu mwaka wa 2021, naho umubare w’abagabo wavuye ku 9% ugera kuri 7%.
Ubu bushakashatsi kandi bwerekana ko abagore barangije amashuri yisumbuye na Kaminuza biganje mu bice by’imijyi aho bari ku ijanisha rya 29% mu Mujyi wa Kigali, Intara y’Amajyepfo ikaba ariyo ifite ijanisha rito rya 8%, Amajyaruguru n’Uburengerazuba bagiye bafite 9%.
Fiston Felix Habineza
Kubura abashoramari banini byadindije umushinga wa Gira Iwawe - BRD
3 hours
Soma inkuru
Rusizi: Kuba drone zitahagera bidindiza serivisi z'ubuzima n'ubworozi
Jun 08, 2023
Soma inkuru
Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo
Jun 05, 2023
Soma inkuru
Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana
Jun 05, 2023
Soma inkuru
Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw’amazi rwa Nzove
...
Jun 05, 2023
Soma inkuru