AGEZWEHO

  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente yitabiriye inama ya Banki y'Isi yiga ku iterambere rya Afurika – Soma inkuru...
  • Imyinshi izafungwa- Umushinga w'itegeko rigenga imiryango itari iya Leta uteye impungenge – Soma inkuru...

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Yanditswe Apr, 16 2024 17:58 PM | 97,256 Views



Abafite ibinyabiziga by’umwihariko abatwara abantu kuri moto bakomeje gutaka izamuka rikabije ry’ibiciro by’ubwishingizi, ndetse basaba inzego zibishinzwe kugira icyo zikora ngo bigabanuke.

Ibi babivuga mu gihe Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, iheruka gutangaza ko inzego zibishinzwe zirimo kuvugurura itegeko rigenga ubwishingizi n’ibiciro byabwo.

Hakizimana Viateur umaze imyaka hafi 15 akora umurimo wo gutwara abantu n’ibintu kuri moto, avuga ko nta mpanuka idasanzwe arakora kuva yawutangira, bisobanuye ko ntaho arahurira no kwishyurwa na assurance n’ubwo atanga umusanzu wayo buri mwaka.

Uyu mugabo uri mu kigero cy’imyaka 45 avuga ko uko imyaka igenda ishira ari ko ibiciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira.

Polisi y’Igihugu ivuga ko nibura buri munsi haba impanuka za moto zishobora kugera kuri 15 mu Gihugu hose, aho muri rusange moto n’amagare byihariye hejuru ya 50 by’impanuka zose ziba buri mwaka.

Abamotari ntibahwemye kugaragaza ko babangamiwe n’ibiciro biri hejuru by’ubwishingizi, ariko nanone ba nyir’ibigo bibutanga bagasubiza ko impanuka zituruka ku bamotari zibateza ibihombo.

Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Ibigo bitanga Ubwishingizi mu Rwanda (ASSAR) ntacyo buratangariza umunyamakuru wa RBA ku murongo wahawe ibijyanye n’ikiguzi cy’ubwishingizi gikomeje kwiyongera.

John Rwangombwa, Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, ari na yo ifite mu nshingano ibigo by’ubwishingizi, aherutse gutangaza ko itegeko rivuguruye ku bijyanye n’ubwishingizi rigeze kure rinozwa.

Bimwe mu bibazo byari byugarije abamotari byarakemuwe harimo imisoro bakwaga n’amakoperative yabo, amwe yari aya baringa akaba yaravanyweho.

Kugabanya ibiciro by’ubwishingizi byafasha aba bamotari kubasha kwigondera ikiguzi cy’ubuzima cyihagazeho muri iki gihe ndetse bakabasha no gutunga imiryango yabo nta nkomyi.

Jean Claude Mutuyeyezu



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2