Yanditswe May, 30 2022 16:19 PM | 130,133 Views
Urugaga
rw'abikorera mu muryango wa Afurika y'Iburasirazuba rwasabye Leta ya Congo
kwisubiraho ku cyemezo yafashe cyo guhagarika ingendo za RwandAir muri icyo
gihugu, kuko kibangamiye amahame y'ubucuruzi n'ubuhahirane muri uyu muryango Congo iherutse kwinjiramo.
Hagati aho guverinoma y'u Rwanda yo ikomeje kwamagana ibirego bya leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, by'uko u Rwanda rwaba rutera inkunga umutwe wa M23.
Hashize amezi 2
gusa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakiriwe mu Muryango wa Afurika
y'Iburasirazuba, gusa kugeza ubu iki gihugu ntikirinjira mu nzego zose
z'uyu muryango kuko hari ibiteganywa n'amategeko kigomba kubanza kuzuza ari
nako bimeze ku bikorera bo muri icyo gihugu batarinjira mu rugaga rwa bagenzi
babo muri uyu muryango ruzwi nka East African Business Council.
Umuyobozi wungirije w'uru rugaga, Dennis Karera avuga ko icyemezo cyo guhagarika indege za RwandAir muri DRC giherutse gufatwa na leta y'icyo gihugu kibangamiye ubucuruzi n'ubuhahirane.
Mu mpera z'icyumweru gishize nibwo DRC yahagaritse ingendo z'indege za sosiyete y'u Rwanda, RwandAir, leta y'icyo gihugu ikavuga ko icyo cyemezo gishingiye ku kuba u Rwanda rutera inkunga umutwe wa M23 ukomeje imirwano n'ingabo z'icyo gihugu, FARDC.
Ni ibirego u Rwanda ruhakana rwivuye inyuma rukavuga ko ntaho ruhuriye n'imirwano yongeye kubura hagati ya M23 na FARDC, nkuko umuvugizi wungirije wa guverinoma y'u Rwanda, Alain Mukuralinda yabitangaje.
Umunyamategeko, Gasominari Jean Baptiste unakurikiranira hafi ibibera muri DRC asanga ipfundo ry'ikibazo cy'umutekano muke mu Burasirazuba bw'igihugu cye ari imiyoborere idahamye yananiwe gukemura ikibazo cy'imitwe yitwaje intwaro irenga 140 iteza akavuyo muri ako gace, muri yo hakabamo na FDLR, umutwe w'iterabwoba ugizwe n'abasize bakoze jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda bagahungira muri icyo gihugu.
Mu bihe bitandukanye Perezida Paul Kagame nawe ntiyahwemye kugaragaza ko ibibera mu burasirazuba bwa DRC birimo urujijo, kuko bitumvikana uburyo ingabo za Loni zizwi nka MONUSCO zananiwe gukemura ikibazo zifatanyije na FARDC mu gihe MONUSCO yonyine igenerwa asaga miliyari y'amadorali buri mwaka.
Ubwo yakiraga indahiro z'abayobozi bashya tariki ya 8 Gashyantare uyu mwaka, umukuru w'igihugu yahumurije abaturarwanda avuga ko nubwo imitwe y'iterabwoba nka FDLR igihari umutekano w'u Rwanda urinzwe.
Mu cyumweru gishize mu mirenge ya Kinigi na Nyange mu karere ka Musanze, haguye ibisasu biturutse muri DRC ndetse ibikorwa nk'ibyo bikaba byarabaye tariki 19 Werurwe uyu mwaka.
Ni mu gihe kandi u Rwanda ruvuga ko hari abasirikare babiri barwo bashimuswe na FARDC ku bufatanye na FDLR nabwo mu cyumweru gishize.
Ni ibikorwa guverinoma y'u Rwanda ivuga ko ari ubushotoranyi ngo ariko uko byamera kose ibibazo byose bihari u Rwanda ruzakomeza kubishakira ibisubizo binyuze mu nzira y'amahoro.
Divin Uwayo
Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Paris
Apr 22, 2024
Soma inkuru
Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya
Apr 19, 2024
Soma inkuru
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru