AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Mu minsi ibiri abarwayi 1000 bamaze kuvurirwa ku bitaro bya Kibogora n'Ingabo z'u Rwanda – Soma inkuru...
  • Ibibazo biri mu Burasirazuba bwa RDC ntibizakemuka Leta igikorana na FDLR- Abasesenguzi – Soma inkuru...

Uko u Rwanda rwakoze amahitamo meza mu bijyanye no gushora imari mu bikorwaremezo

Yanditswe Jun, 18 2022 17:23 PM | 175,430 Views



Abikorera n'abasesengura ubukungu bagaragaza ko u Rwanda rwagize amahitamo meza no kureba kure mu  bijyanye no gushora imari mu bikorwaremezo, bifasha mu kwakira inama. 

Ibi babishingira ku kuba ubu u Rwanda rusigaye rwakira inama mpuzamahanga zikomeye, ibintu bitari gushoboka iyo hatabaho ayo mahitamo.

Ingero zitangwa ku ishoramari ry’ibikorwaremezo bifasha kwakira inama mpuzamahanga bigaragaza kureba kure, birimo amahoteri n’inyubako nini zishobora gukorerwamo ibikorwa bihuje abantu ibihumbi n’ibihumbi. 

Aha harimo inyubako ya Kigali Convention center, Serena Hotel, Marriott Hotel, BK Arena, Intare Conference Arena.

Inyubako ya Kigali Convention Center yatashywe ku mugaragaro muri 2016, nyuma y’imyaka 7 yubakwa, yuzuye itwaye akayabo ka miliyoni 300 z'amadorali ni kuvuga asanga miliyari 300 z'amafaranga y'u Rwanda. 

Ikimara kuzura yakiriye inama nyinshi mpuzamahanga harimo n'inama y'abakuru b’ibihugu na za guverinoma bagize umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe basaga 40.

Perezida Kagame avuga kuri inyubako yagize ati "Twagerageje gushyiraho iki gikorwa remezo mu myaka myinshi ishize, turananirwa, bitari rimwe, bitari 2, wenda inshuro 3 ariko ku nshuro ya 4 turagerageza tugera ku ntsinzi, ukwemera kw’abanyarwanda ntabwo twananiwe rimwe, ntwananiwe inshuro nyinshi ariko twageze ku nstinzi inshuro nyinshi kurusha inshuro twananiwe kandi dukomeza kwigira ku gutsindwa kwacu ariko tugakomeza kugerageza ku musozo tugatsinda, mu by’ukuri nibyo byabaye ku bijyanye n’iki gikorwaremezo, ku nshuro ya 4 impamvu twageze ku nstinzi byanatewe n’igitutu cy’amahirwe twari twagaragarijwe."

Ishoramari mu kubaka ibikorwa remezo byakwifashishwa mu kwakira inama mpuzamahanga bikomeza kwiyongera mu Rwanda, mbere y’uko inyubako ya Convention Center na Radison Blue zuzura hari hasanzwe Serena Hotel y’inyenyeri 5, izindi hotel z’inyenyeri 5 zaje ziyongeraho ku bufatanye n’abikorera. 

Aha harimo nka Marriott Hotel Kigali nayo yatashywe ku mugaragaro muri 2016, inyubako yitwaga Kigali Arena ikaza guhindura izina ikitwa BK Arena ishobora kwakira imikino mpuzamahanga ya Basket. 

Abagera mu bihumbi 10 bakayicaramo, kuri ubu izanifashishwa n’abazitabira CHOGM, nayo ikaba igaragaza kureba kure mu gushori imari mu bikorwa bizagira inyungu mu gihe kizaza.

Indi nyubako, Intare Conference Arena nayo iri mu ziteye amabengeza kandi zifasha muri uru rwego rwo kwakira inama mpuzamahanga. 

Havugimana Uwera Francine ni rwiyemezamirimo, avuga ko ibikorwaremezo bifasha mu kwakira inama mpuzamahanga byubatswe, ubu bikaba bitangiye gutanga umusaruro, bigaragaza amahitamo meza u Rwanda rwagize.

"Ni amahitamo igihugu cyagize kuko MICE ni ikintu kinini hahiswemo gushora imari mu bukerarugendo ariko ubukerugendo buvuguruye kuko cyera twari tuzi ko ubukerarugendo bugarukira ku ngagi, ubu rero urabona inama mpuzamahanga zirimo kubera muri iki gihugu, imikino mpuzamahanga ikabera muri iki gihugu, biriya iyo bije wenda dufatiye nko kuri CHOGM inama igiye kuba twiteguye ni ibintu bigari kuko biha akazi abantu batandukanye kuko dufite ibikorwa remezo bibereye izo nama, abantu bagahitamo kuva iburayi bakaza gukorera inama hano kuko babona ibikorwaremezo bihari. Ibyo ni ibintu dushama cyane kuko ni ukureba kure njyewe nshimira ubuyobozi bwacu kubera kureba kure nibyo bizadusha nk’abikorera ubu twese nanjye nishyizemo twatangiye gufungura amaso tukareba izindi nzego twajyamo bijyanye n’uko igihugu kigenda gitera imbere ntitugume hamwe."

Impuguke mu bukungu, Straton Habyarimana nawe asobanura ko iki cyemezo cyo gushoraimari mu bikorwa remezo nk'ibi ari amahitamo meza.

Ishoramari mu bikorwa bifasha byo kwakira inama zikomeye birakomeje, ibi bikagendana no kugira umujyi wa Kigali igicumbi cy’inama mpuzamahanga.

Kwizera John Patrick



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2