AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Mu minsi ibiri abarwayi 1000 bamaze kuvurirwa ku bitaro bya Kibogora n'Ingabo z'u Rwanda – Soma inkuru...
  • Ibibazo biri mu Burasirazuba bwa RDC ntibizakemuka Leta igikorana na FDLR- Abasesenguzi – Soma inkuru...

U Rwanda rwifatanyije n'ibindi bihugu mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wa Francophonie

Yanditswe Mar, 20 2024 20:50 PM | 151,917 Views



Perezida wa Sena, Dr.Kalinda Francois Xavier avuga ko kugera ku mari ndetse no guha agaciro imico itandukanye y'ibihugu, aribyo bizafasha abaturage ibihugu byibumbiye mu Muryango wa Francophonie guhanga udushya ndetse no kwihangira imirimo.

Ibi yabitangaje Kuri uyu wa 20 Werurwe, ubwo u Rwanda rwifatanyaga n'ibindi bihugu mu kwizihiza umunsi Mpuzamahanga w’Umuryango w’Ibihugu bivuga ururimi rw’Igifaransa ’’La Journée internationale de la Francophonie’’.

Kwizihiza umunsi  mpuzamahanga w'Umuryango wa Francophonie uhuza ibihugu 88 byabereye mu Nteko Ishinga Amategeko byitabirwa n’abagize Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, abayobozi mu nzego zinyuranye ndetse n’urubyiruko.

Impamvu yo kwizihiza uyu munsi ngo ni ukwerekana akamaro ururimi rw'Igifaransa rufite mu Rwanda ndetse no gushimangira indangagaciro ziranga abagize Umuryango wa Francophonie.

Carine Umutoni



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2