AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Mu minsi ibiri abarwayi 1000 bamaze kuvurirwa ku bitaro bya Kibogora n'Ingabo z'u Rwanda – Soma inkuru...
  • Ibibazo biri mu Burasirazuba bwa RDC ntibizakemuka Leta igikorana na FDLR- Abasesenguzi – Soma inkuru...

RIB yataye muri yombi abakekwaho kwiyita abapfumu bakiba abaturage

Yanditswe Apr, 03 2024 17:06 PM | 93,207 Views



Urwego rw’Igihugu rw'Ubugenzacyaha, RIB, rwerekanye abantu batatu bakekwaho kwiyita abapfumu bakarya amafaranga ya rubanda, bababeshya ko bagarura ibyabo byibwe cyangwa ko babakiza indwara zananiranye. 

Ubwo berekwaga itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu, RIB, yatangaje ko mu myaka itatu ishize uhereye mu 2021, yakiriye dosiye nk’izi zigera kuri 117, zirimo abakekwaho ibyaha barenga 200.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yavuze ko mu byo aba bagabo bafatanywe harimo inzoka bakuye muri Congo ndetse n’akanyamasyo.

Yagize ati “Aba bose uko ari batatu bafatanya mu gikorwa kimwe kugira ngo bagire uwo babeshya, bishingikirije ibikorwa by’ubupfumu n’uburaguzi hanyuma bakamutwara amafaranga.”

Abafashwe uko ari batatu bakurikiranweho ibyaha birimo gutunga, guhererekanya kugurisha kugura cyangwa gukoresha inyamaswa yo mu gasozi, gushimuta, gukomeretsa, gutwara, kubuza amahwemo cyangwa korora inyamaswa zo mu gasozi.

Hari kandi icyaha cyo gukura inyamaswa mu ndiri kamere yayo, kuyigirira nabi cyangwa kuyizerereza no gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi cyangwa kuwujyamo n’icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejewe uburiganya.

Urukiko rubahamije ibi byaha bahanishwa  igifungo cyo kuva ku myaka ibiri n’ihazabu iri hagati ya miliyoni 3 Frw kugera kuri miliyoni 5 Frw, mu gihe igihano kiremereye gihanishwa igihano kigera ku myaka 10 ndetse hakiyongeraho n’ihazabu hagati ya miliyoni 5 Frw na miliyoni 10 Frw.


Juventine Muragijemariya



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2