Yanditswe Apr, 03 2024 10:13 AM | 140,655 Views
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageneye impano n’ubutumwa
Bassirou Diomaye Faye, warahiririye kuyobora Sénégal muri manda y’imyaka itanu.
Ni ubutumwa bwajyanwe na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente wari wahagarariye Umukuru w’Igihugu mu birori by’irahira rya Perezida Bassirou Diomaye Faye.
Minisitiri w’Intebe yitabiriye uwo muhango wabaye ku wa Kabiri tariki 2 Mata 2024, aho yari aherekejwe n’itsinda ry’abarimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta.
Ubwo Bassirou Diomaye Faye yatorwaga, Perezida Paul Kagame yamuhaye ubutumwa bumwifuriza ishya n’ihirwe, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga.
Ati “Ndashimira byimazeyo Bassirou Diomaye Faye kuba yaratorewe kuba Perezida wa Sénégal. Intsinzi yawe ni ubuhamya bw’ukuri bw’icyizere cy’abaturage ba Sénégal.”
Umubano w’u Rwanda na Sénégal , umaze igihe wifashe neza aho ibihugu byombi bifatanya mu nzego zitandukannye ndetse Ambasade y’u Rwanda muri icyo gihugu yafunguwe mu 2011.
Bifitanye amasezerano arimo ay’ubufatanye mu by’umuco yasinywe mu 1975, ay’ubutwererane rusange yasinywe mu 2004, ay’ishyirwaho rya komisiyo ihoraho ishinzwe kugenzura umubano w’ibihugu byombi yasinywe mu 2016.
Guhera mu 2016, RwandAir yerekeje amaso muri Afurika y’Iburengerazuba aho ikorera ingendo mu mijyi myinshi irimo Cotonou, Abidjan, Douala, Dakar n’ahandi.
Safa Claudia Uwingeneye
Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Paris
Apr 22, 2024
Soma inkuru
Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya
Apr 19, 2024
Soma inkuru
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru