AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Mu minsi ibiri abarwayi 1000 bamaze kuvurirwa ku bitaro bya Kibogora n'Ingabo z'u Rwanda – Soma inkuru...
  • Ibibazo biri mu Burasirazuba bwa RDC ntibizakemuka Leta igikorana na FDLR- Abasesenguzi – Soma inkuru...

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Bill Clinton wayoboye Amerika

Yanditswe Apr, 08 2024 17:01 PM | 85,261 Views



Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Bill Clinton wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, baganira ku mpinduka n’iterambere u Rwanda rumaze kugeraho nyuma y’imyaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe.

Bill Clinton ni we wari washyizweho na Perezida Biden nk’ugomba kuyobora itsinda ryahagarariye icyo gihugu mu bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byatangaje ko ibiganiro by’aba bombi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 8 Mata 2024.

Ubutumwa bwanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga bugira buti “Banaganiriye ku mutekano w’Akarere, bemeranya ko hakenewe igisubizo cya politiki cyakemura impamvu-muzi z’amakimbirane yo mu Burasirazuba bwa RDC, agira ingaruka ku Karere kose.”




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2