AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Mu minsi ibiri abarwayi 1000 bamaze kuvurirwa ku bitaro bya Kibogora n'Ingabo z'u Rwanda – Soma inkuru...
  • Ibibazo biri mu Burasirazuba bwa RDC ntibizakemuka Leta igikorana na FDLR- Abasesenguzi – Soma inkuru...

Perezida Kagame yagarutse ku gihango kiri hagati y'u Rwanda na Repubulika ya Czech

Yanditswe Apr, 06 2024 19:55 PM | 303,696 Views



Perezida Paul Kagame aravuga ko kwigira ku mateka u Rwanda na Repubulika ya Czech byanyuzemo, ari umusingi ukomeye wakubakirwaho mu mibanire n’ubutwererane bw’ibihugu byombi.

Ibi umukuru w’igihugu yabitangaje nyuma yo kugirana ikiganiro cyihariye na Perezida wa Repubulika ya Zcech, Petry Pavel.

Nyuma y’imyaka 30 Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, Perezida wa Repubulika ya Czech, Petr Pavel yinjiranye icyubahiro muri Village Urugwiro.

Repubulika ya Czech yamaganye Jenoside yakorerwaga Abatutsi kandi isaba Umuryango w’Abimbumbye kugira icyo ukora.

Perezida Paul Kagame avuga ko iki ari igihango gikomeye cyubakiyeho ubucuti n’ubufatanye bw’ibihugu byombi.

Ibi umukuru w’igihugu yabitangarije abanyamakuru nyuma y’ikiganiro cyihariye yagiranye na Perezida wa Repubulika ya Czech waje kwifatanya n’abanyarwanda mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Perezida Repubulika ya Czech yashimye intamwe u Rwanda rwateye mu iterambere, ubumwe n’ubwiyunge ndetse n’ikoranabuhanga. 

Ashimangira ko igihugu cye kizakomeza gukorana n’u Rwanda by’umwihariko ngo kuko yabonye Perezida Kagame nk’umufatanyabikorwa mwiza.

Perezida wa Repubulika ya Czech ni umwe mu banyacyubahiro batandukanye bari mu Rwanda, aho biteganyijwe ko kuri iki Cyumweru bifatanya n’Abanyarwanda n’Isi muri rusange mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2