Yanditswe Mar, 01 2021 20:31 PM | 41,848 Views
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko umugabane wa Afrika ukwiye kuvuga ijwi rimwe ku birebana n’umumaro wo gushyira hamwe no guhabwa amahirwe angana ku nkingo haba uyu munsi ndetse no mu gihe kizaza.
Umukuru w’igihugu yavugiye ibi mu nama nyafrika yiga ku mahoro n’iterambere rirambye izwi nka ASWAN FORUM, insanganyamatsiko y’uyu mwaka ni ukuzahura ibyangijwe na COVID19 no kubaka ibiramba.
Umukuru w’igihugu yavuze ko iki cyorezo cyagaragaje ko ibihugu bikwiye gushora imari mu kubaka urwego rw’ubuzima rutajegajega.
Umukuru w’igihugu yasabye ko iki kigo cyakongererwa ubushobozi kugira ngo gishobore kwigira kandi kigire ubwigenge;yasabye ibihugu binyamuryango kandi gusinya amasezerano ya Afrika y’ubuvuzi kugira ngo atangire kubahirizwa vuba.
Umukuru w’igihugu yavuze ko kugira ngo ibigerweho neza bisaba ko ibihugu binyamuryango by’umuryango wa Afrika yunze Ubumwe, muri urwo rwego gushyiraho uburyo bwo gukora ibikoresho bokenerwa mu buvuzi biracyenewe cyane.
Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Paris
Apr 22, 2024
Soma inkuru
Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya
Apr 19, 2024
Soma inkuru
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru