AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Mu minsi ibiri abarwayi 1000 bamaze kuvurirwa ku bitaro bya Kibogora n'Ingabo z'u Rwanda – Soma inkuru...
  • Ibibazo biri mu Burasirazuba bwa RDC ntibizakemuka Leta igikorana na FDLR- Abasesenguzi – Soma inkuru...

Nyabihu: Isoko rya Mukamira rishobora gufunga imiryango

Yanditswe Apr, 04 2024 09:42 AM | 90,448 Views



Abakorera mu Isoko rya Mukamira riherereye mu Karere ka Nyabihu bagaragaje ko babangamirwa cyane n’ibibazo by’amazi menshi aryuzuramo iyo imvura yaguye ndetse bakabura aho bapakururira ibicuruzwa byabo.

Izi mbogamizi bagaragaje ko ziri mu bituma abagana Isoko rya Mukamira bagenda bagabanuka ndetse rikaba rititabirwa uko bikwiye.

Muri iri soko hagaragara ibisima byinshi byo gucururizaho bitariho ibicuruzwa, ahandi imiryango ifunze yararitsweho n’ibitagangurirwa.

Agace gato gusa ko mu marembo y’iri soko ni ho usanga bake mu bacuruzi b’ibiribwa.

Aba bacuruzi ndetse n’uhagarariye abikorera muri Mukamira basabye inzego bireba gushaka umuti ku bituma isoko ryabo rititabirwa kuko bikomeje rishobora gufunga imiryango.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukamira, Bizimana Placide, yavuze ko nubwo bimeze bityo inzego z’ubuyobozi hari ingamba zafashe mu gukemura iki kibazo.

Isoko rya Mukamira ryubatswe mu 2008, rikaba riri hagati y’andi masoko ateye imbere ya Kora na Byangabo.

Uwimana Emmanuel



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2