AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Mu minsi ibiri abarwayi 1000 bamaze kuvurirwa ku bitaro bya Kibogora n'Ingabo z'u Rwanda – Soma inkuru...
  • Ibibazo biri mu Burasirazuba bwa RDC ntibizakemuka Leta igikorana na FDLR- Abasesenguzi – Soma inkuru...

Minisitiri w’Intebe wa Ireland Leo Varadkar yeguye

Yanditswe Mar, 20 2024 16:46 PM | 51,890 Views



Minisitiri w’Intebe wa Ireland, Leo Varadkar, yeguye kuri izo nshingano ndetse n’izo kuyobora Ishyaka Fine Gael.

Ni icyemezo yatangarije mu kiganiro n’itangazamakuru, kuri uyu wa Gatatu, mu Murwa Mukuru wa Ireland, Dublin.

Leo Varadkar yavuze ko icyemezo cye gishingiye ku mpamvu zihariye. Ati "Impamvu zo kuva ku butegetsi ni izanjye ku giti cyanjye n’iza politiki."

Avuga ku matora yegereje, agaragaza icyizere ati "Nizera ko ishyaka ryanjye, Fine Gael, rishobora kubona imyanya mu nteko ishingamategeko itaha".

Leo yemeza ko undi muyobozi uzamusimbura azayobora neza, ndetse kumurusha.

Ati “Nyuma y’imyaka irindwi ku butegetsi, sinumva ko ndi umuntu mwiza kuri ako kazi ukundi.”

Varadkar yavuze ko yasabye ko umuyobozi mushya w’ishyaka yatorwa mbere y’Inama Ngarukamwaka ya Fine Gael iteganyijwe kuba ku wa 6 Mata 2024. Nyuma y’aho ni bwo Inteko izahitamo ikanemeza ko aba Minisitiri w’Intebe.

Leo Varadkar w'imyaka 45 yabaye Minisitiri w’Intebe inshuro ebyiri hagati ya 2017 na 2020, no kuva mu Kuboza 2022.

Safa Claudia Uwingeneye



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2