AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Mu minsi ibiri abarwayi 1000 bamaze kuvurirwa ku bitaro bya Kibogora n'Ingabo z'u Rwanda – Soma inkuru...
  • Ibibazo biri mu Burasirazuba bwa RDC ntibizakemuka Leta igikorana na FDLR- Abasesenguzi – Soma inkuru...

Iterambere ry’u Rwanda ryubakiye ku musingi w’ubumwe n’ubwiyunge- Dr Ngirente

Yanditswe Feb, 01 2022 19:40 PM | 60,897 Views



Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yatangaje ko iterambere ry’u Rwanda ryubakiye ku musingi ukomeye w’ubumwe n’ubwiyunge, igihugu gikesha Intwari z’igihugu zitanze zitizigamye.

Ibi yabivugiye mu imurika gurisha ririmo kubera i Dubabai muri Leta Zunze ubumwe z’Abarabu, aho u Rwanda rwahawe umwanya wo kugaragaza umuco warwo ndetse n’intera y’iterambere rugezo.

Yagize ati “Ndashimira ubuyobozi bwa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu kubwo gutegura iri murika gurisha rya 2020, ryageze ku ntego ndetse bugakomeza gukora ibishoboka byose ngo ibyiyemejwe bigerweho mu buryo butekanye n'ubwo hariho icyorezo cya Covid-19. Ndagira ngo nkoresha uyu mwanya kugira ngo nshime imibanire myiza iri hagati y’u Rwanda n’igihugu cyanyu. Ubufatanye bwacu bukomeye bwavutse ubwo twatangizaga gahunda duhuriyeho bwo guhana hana ubumenyi n’ubufatanye, byabaye igihamya cy’akamaro ko guteza imbere ubucuruzi n’ishoramari mu nzego zinyuranye z’ubukungu. Muri ibyo harimo imishinga y’ubwubatsi, ubwikorezi, ubuhinzi, imboga n’imbuto, ubukerurugendo, ingendo zo mu kirere, ubuzima ndetse n’inganda."

Insanganyamatsiko y’imiruka rya 2020 igira iti ”Guhuza ibitekerezo hagamijwe gutegura ahazaza” ni ingenzi cyane.

Riraha ibihugu uburyo bwihariye bwo kugaragaza ubudasa ndetse n’amahirwe no kubaka ubufatanye butajegajega, hagamijwe inyungu magirirane.

EXPO DUBAI 2020 na none ni urubuga rwiza aho ibihugu n’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bahura bakaganira ku nzira zihamye zo kureshya ishoramari.

Ati "Uyu munsi duteraniye hamwe kugira ngo tubagaragarize umuco nyarwanda ndetse n’ahantu nyaburanga, ni umwanya kandi wo guha agaciro abantu bitanze by’ikirenga bagaragaza gukunda igihugu, baharanira ineza y’abanyarwanda. Uyu munsi turiziha Intwari z’u Rwanda, ni ikimenyetso cyo guhonoka k’u Rwanda ndetse n’urugendo rw’iterambere twagezeho mu myaka 27 ishize, ryubakiye ku musingi ukomeye w’ubumwe bw’abanyarwanda, amahoro n’ubwiyunge."

Nyuma yo kugaragaza ko indangagaziro z’umuco nyarwanda zagize uruhare rukomeye mu iterambere ry’igihugu, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yagaragaje amahirwe y’ishoramari ari mu Rwanda.

“Rubifashijwemo gahunda z’umwimerere zo kwishakamo ibisubizo n’indangagaciro zikomeye zo kwigira, kwiha agaciro, u Rwanda rwageze ku iterambere rifatika. Mu myaka 20 ishize u Rwanda rwabaye ighugu cya Afurika cyakataje mu kwihuta ku muvuduko w’ubukungu, kugeze ku mwaduko w’icyorezo cya Covid-19 u Rwanda rwageze ku mpuzandengo ya 8% mu kuzamuka ku bukungu. Ni urwa Kabiri mu gutangira no koroshya ishoramari muri Afurika. Byongeye u Rwanda rwashyizeho gahunda y’ubwisungane mu kwivuza ku banyarwanda bose, ndetse ruharanira kuba ku isonga mu bukerarugendo bushingiye ku nama mu karere ndetse no kuba icyerekezo cyo guhanga ibishya."




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2