AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Mu minsi ibiri abarwayi 1000 bamaze kuvurirwa ku bitaro bya Kibogora n'Ingabo z'u Rwanda – Soma inkuru...
  • Ibibazo biri mu Burasirazuba bwa RDC ntibizakemuka Leta igikorana na FDLR- Abasesenguzi – Soma inkuru...

Minisitiri ushinzwe ubuhinzi n’iterambere ry’icyaro muri Santarafrika Mathieu yasuye umushinga wo kuhira imyaka i Nasho

Yanditswe Sep, 14 2021 21:01 PM | 106,028 Views



Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri ushinzwe ubuhinzi n’iterambere ry’icyaro muri Santarafrika  Mathieu Éric Rokosse-Kamot aherekejwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda, Dr Ngabitsinze Jean Crysostome, basuye umushinga mugari wo kuhira imyaka hakoreshejwe ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba uherereye i Nasho mu karere ka Kirehe.

Uyu mushinga wo kuhira imyaka wa Nasho, ufite ikoranabuhanga rituma huhirwa imyaka iri kuri hegitari 1173.

Ufasha abahinzi 2099 bakora ubuhinzi busanzwe ku buso butoya ukagira n’ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba zitanga megawatt 3.3, ari zo zikoresha imashini zifashishwa mu kuhira na megawatt 2.4 zibikwa muri za batiri.

Minisitiri Mathieu Éric Rokosse-Kamot yagaragaje ko uyu mushinga wo kuhira hakoreshejwe iri koranabuhanga, ari ikintu ibihugu by’u Rwanda na Centrafrika byagiramo ubufatanye mu rwego rwo kureshya abashoramari, no gushyigikira abahinzi basanzwe kugira ngo bongere umusaruro w’ubuhinzi.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2