AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Mu minsi ibiri abarwayi 1000 bamaze kuvurirwa ku bitaro bya Kibogora n'Ingabo z'u Rwanda – Soma inkuru...
  • Ibibazo biri mu Burasirazuba bwa RDC ntibizakemuka Leta igikorana na FDLR- Abasesenguzi – Soma inkuru...

Minisitiri Gatabazi yashimiye RBA intambwe yateye mu makuru n'ibiganiro igeza ku baturage

Yanditswe May, 11 2021 16:59 PM | 27,181 Views



Kuri uyu wa Kabiri Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney yasuye Urwego rw'Igihugu rw'Itangazamakuru, RBA mu rwego rwo kureba imikorere n'aho rugeze rwuzuza inshingano rwahawe, ashimira aho rugeze rufasha abaturage muri gahunda z’iterambere.

Minisitiri Gatabazi nyuma yo kwakirwa n’Umuyobozi Mukuru wa RBA, Arthur Asiimwe, yasabye iki kigo gukomeza  gushyira imbaraga mu gufasha abaturage kumva inshingano zabo mu rugendo rw'iterambere, no kuzamura imibereho yabo binyuze mu biganiro Radiyo na  Televisiyo bibagezaho

Yavuze ko RBA ari kimwe mu bigo bishamikiye kuri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, kandi ari ikigo gifite inshingano zikomeye mu gufasha leta kugeza ku baturage gahunda z’iterambere.

Urwego rw'Igihugu rw'Itangazamakuru ruracyahabwa ingengo y'imari na leta ingana na 25%, indi ngengo y'imari rukayishaka mu byo rukora bitanga umusaruro.

Minisitiri Gatabazi yavuze ko leta izakomeza gufasha uru rwego gukomeza kwiyubaka.

Yagize ati “Mu mishinga y’ishoramari ya RBA leta yinjiramo, ariko ku ngengo y’imari bagenerwa ikiri kuri 25% ni nke ugereranyije n’iyo bakoresha ku mwaka.”

Yavuze ko mu bindi bibazo bagaragarijwe harimo n’ikibazo cy’umuriro iki kigo gikoresha uhenze, ndetse kikaba cyarashyizwe mu bigo bikomeye bikoresha umuriro uhenze kandi gifite  ishingano zo gufasha gahunda za leta.

Yashimiye ubuyobozi bw’iki kigo uburyo bukurikirana ibibazo bihari ndetse no kubikemura, yizeza ko leta  izakomeza gufasha mu bijyanye n’ingengo y’imari.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2