AGEZWEHO

  • Abanyarwanda basaga miliyoni ebyiri bagiye gutora Umukuru w’Igihugu bwa mbere – Soma inkuru...
  • Perezida Kagame asanga nta mbogamizi n’ibibazo Afurika ihura nabyo bitabonerwa umuti – Soma inkuru...

MINICOM ivuga ko muri Kanama u Rwanda ruzatangira ubucuruzi bw’isoko rusange rya Afurika

Yanditswe Jul, 15 2022 19:40 PM | 94,391 Views



Minisiteri y'Ubucuruzi n'Inganda yavuze ko mu ntangiriro za Kanama uyu mwaka, u Rwanda ruzaba mu bihugu bya mbere bizatangira ubucuruzi hagendewe ku masezerano agenga isoko rusange rya Afurika.

Ni mu gihe abakora mu byo gutwara ibicuruzwa bemeza ko biteguye ku byaza umusaruro amahirwe azanwa n'iri soko.

Itangira ry’ubucuruzi hagendewe ku masezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika, ryagombaga gutangirana n'umwaka wa 2021 ariko ntibyabaye bikaba bishoboka ko ryatangira neza mu ntangiriro y’ukwezi kwa Gutaha kwa Munani, nyuma y’Inama izahuza inzego zibifite mu nshingano mu mpera z'uku kwezi.

Mu biganiro biganisha kuri uku gutangira ku bucuruzi, abakora ubucuruzi n'abakora mu byo gutwara ibicuruzwa bambukiranya imipaka basanga hari ibikwiye kwibandwaho, gusa banagaragaza ko biteguye kubyaza umusaruro iri soko.

Iri soko ryatinze gutangira kubera imbogamizi zitandukanye zirimo  nko kurangiza ibyangombwa byari bikenewe ngo isoko ritangire, gutunganya urutonde rw’ibicuruzwa bizakurirwaho umusoro, imishyikirano ku mategeko azagenga inkomoko y’ibicuruzwa n’ibindi.

Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda igaragaza ko ibiganiro byakozwe ku rwego rw' igihugu nurw'akarere bigamije gushaka ibisubizo by'ibibazo byadindije itangira ry' ubucuruzi kuri iri soko byatanze umusaruro, ku buryo bidahindutse igihe gucuruzanya bizaba bitangiye mu kwezi gutaha u Rwanda ruzaba ruri ku isonga.

Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda, Beatha Habyarimana yagize ati "Twabanje kuganira ku guhitamo ibicuruzwa bisonerwa, tuganira kuri serivisi, ubu turimo kuganira ku ishoramari, ibiganiro bishobora kugeza muri Nzeri ariko twemeje ko tutarindiriye ko inzego zose zarangira, ubucuruzi butangira mu kwezi gutaha kwa Munani ku bicuruzwa byumvikanyweho."

Kugeza ubu mu bihugu 55 bya Africa, 54 byamaze gusinya amasezrano ashyiraho iri soko rusange rya africa, naho 43  bingana n' ijanish rya 79.6 nibyo byamaze kwemeza burundu aya masezerano.

Byitezwe ko ishyirwa mu bikorwa ry' amasezerano ashyiraho iri soko rusange rya Africa, rizafasha gukura abaturage bagera kuri miliyoni 30 mu bukene bukabije na miliyoni zigera kuri 68 mu bukene busanzwe.

Fiston Felix Habineza



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2