AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Mu minsi ibiri abarwayi 1000 bamaze kuvurirwa ku bitaro bya Kibogora n'Ingabo z'u Rwanda – Soma inkuru...
  • Ibibazo biri mu Burasirazuba bwa RDC ntibizakemuka Leta igikorana na FDLR- Abasesenguzi – Soma inkuru...

Karongi: Imiryango 87 yasenyewe n’ibiza mu 2023 yatujwe mu nzu nshya

Yanditswe Apr, 06 2024 20:30 PM | 341,313 Views



Imiryango 87 yo mu Karere ka Karongi yasenyewe n’ibiza byibasiye Intara y’Iburengerazuba muri Gicurasi umwaka ushize, yashyikirijwe inzu yubakiwe na Leta, kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 6 Mata 2024.

Nyuma yo gushyikirizwa izi nzu, abaturage basazwe n’ibyishimo, bashimira Leta yabakuye mu manegeka ikabatuza ahadashyira ubuzima bwabo mu kaga.

Mu gitondo cya tariki ya 3 Gicurasi 2023, agahinda kari kose mu muryango wa Gashonga Jean Marie Vianney n’umufasha we, nyuma yo gupfusha abana batatu icyarimwe bagwiriwe n’inzu baryamye. Inzu y’uyu muryango yagwiriwe n’igukuku irasenyuka burundu.

Kuri ubu amateka yahindutse kuri uyu muryango nyuma y’uko uyu munsi yashyikirijwe inzu nshya wubakiwe na Leta mu Kagari ka Nyarusazi mu Murenge wa Bwishyura ho mu Karere ka Karongi.

Ni ibyishimo uyu muryango usangiye n’indi 86 na yo yashyikirijwe inzu nshya. Irimo n’uwa Bucyana Alphonse wasigariye aho nyuma yo kutarokora ikintu na kimwe mu nzu yawo yasenywe n’ibiza.

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Mukase Valentine, yatangaje ko hagiye gutangira icyiciro cya gatatu kizubakwamo inzu zirenga 150.

Kugeza ubu imiryango irenga 180 y’i Karongi ni yo imaze kubakirwa no gusanirwa kuva ibiza byakwibasira aka karere.

Aphrodis Muhire 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2